Abofisiye 2 ba RDF n’abasivile 20 bafunzwe by’agateganyo

Mu itangazo ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwanyujije ku mbuga nkoranyambaga, kuri uyu wa kabiri tariki ya 5 Kanama 2025 , bwatangaje ko Ubushinjacyaha bwa gisirikare bukurikiranye mu butabera Abofisiye 2 ba RDF hamwe n’abasivile 20; bakurikiranwe ku byaha bakekwaho bakoranye n’abo ba ofisiye.

Aba bose bafunzwe by’agateganyo n’Ubushinjacyaha bwa gisirikare bakekwaho ibyaha birimo ubufatanyacyaha mu kwakira no gutanga inyandiko utemerewe ndetse n’ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe.

Ibyaha bakurikiranweho bijyanye n’uburyo haguzwe amatike y’indege kuri Konte ya Minisiteri y’Ingabo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Nkuko biteganywa n’Itegeko, abasivile iyo bakoranye icyaha n’abasirikare bakurikiranwa n’ Ubutabera bakaburanishwa n’Inkiko za gisirikare.