Iran yazamuye igiciro cya lisansi ku bakoresha irenze igipimo

Iran yazamuye igiciro cya lisansi ku bantu bakoresha irenze igipimo cya litiro 110 ku kwezi, mu gihe iki gihugu gikomeje guhangana n’izamuka ry’ibiciro n’ingaruka z’ubukungu zatewe n’intambara cyashowemo na Israel ifatanyije na Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Iri zamuka ryatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, rikaba ari irya kabiri kuva mu Kuboza 2025.

Muri gahunda nshya, umuntu uzarenza igipimo cya litiro 110 ku kwezi azajya yishyura 100,000 byama rial akoreshwa muri iki gihugu kuri litiro, ni ukuvuga arenga 10000 frw, akaba ari inshuro ebyiri z’igiciro gisanzweho kuva mu Kuboza.

Guverinoma yavuze ko iki cyemezo cyafashwe hashingiwe ku bihe igihugu kirimo, inongeraho ko amafaranga y’inyongera azava muri iri zamuka azajya afashishwa abaturage.

Umuyobozi Mukuru w’ikigo cya Leta gishinzwe gukwirakwiza ibikomoka kuri peteroli, Keramat Veis Karami, yavuze ko iri zamuka rizagira ingaruka ku bantu bangana na 15% by’abakoresha lisansi.

Iki cyemezo gifashwe mu gihe ikoreshwa rya lisansi muri Iran ryageze ku rwego rwo hejuru. Muri Kanama 2026, Abanya-Iran bakoreshaga hafi miliyoni 145 za litiro ku munsi, mu gihe ubushobozi bw’inganda zo mu gihugu bwo kuyitunganya ari hafi ya miliyoni 122 za litiro ku munsi.

Nubwo Iran iri mu bihugu bikomeye bitunganya kandi bikabyaza umusaruro peteroli, ubushobozi bwayo bwo gutunganya peteroli ntibuhagije, ku buryo ikenera no gutumiza lisansi hanze.

Abasesenguzi bavuga ko irizamuka rishobora gufasha kugabanya ikoreshwa rikabije rya lisansi, rikunze guhuzwa n’imodoka zishaje.

Ariko kandi, iri zamuka rishobora kongera ubukana bw’izamuka ry’ibiciro mu gihugu, mu gihe ifaranga ryayo rikomeje gutakaza agaciro. Ku wa Mbere, idolari rimwe ryacuruzwaga ku ma-rial agera kuri miliyoni 2.22.

Lisansi ihendutse imaze imyaka myinshi ifatwa n’Abanya-Iran nk’ikintu bafiteho uburenganzira bwihariye, ku buryo kuzamura ibiciro byayo byagiye binateza imyigaragambyo ikomeye.

Mu 2019, izamuka ry’igiciro cya lisansi ryateje imyigaragambyo yamaze iminsi mu gihugu, hanatangajwe ko abantu barenga 300 biciwe mu bikorwa byoguhangana n’iyo myigaragambyo.