Rayon Sports WFC ishobora gukina imikino ya nyuma CAF Champions League

Ikipe ya Rayon Sports y’abagore ishobora kubona amahirwe yo kuzakina imikino ya nyuma Nyafurika ya CAF Champions League.

Ibi bije nyuma y’uko Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), isabye u Rwanda kuzakira iyi mikino ihuza amakipe 8.

Iyi mikino yitabirwa n’amakipe atandatu ku ikubitiro yahagrariye zone za CAF uko ari 6, hakiyongeraho ikipe yatwaye igikombe giheruka n’ikipe ihagarariye igihugu cyakiriye.

Ubwo ni ukuvuga ko u Rwanda nirwakira iyi mikino, Rayon Sports WFC izahagararira u Rwanda nk’ikipe ihagarariye igihugu cyakiriye.

Mu gushaka itike y’iyi mikino muzi zone ya CECAFA, Rayon Sports yari yananiwe kuba yatera iyi ntambwe kuko yasezererewe mu matsinda birangira Kawempe Muslim Ladies yo muri Uganda niyo yegukanye iki gikombe ihita inabona itike yo kuzahagararira akarere ka CECAFA muri iyo mikino.

Iyi mikino nibera mu Rwanda bizaba ari ku nshuro ya mbere Rayon Sports y’Abagore cyangwa se n’indi kipe yose yo mu Rwanda yakina imikino ya nyuma ya CAF Women Champions League mu mateka.

Yanditswe na Andre Rukeratabaro