Ikipe ya Manchester City yatsinze Arsenal FC ibitego 2-1 mu mukino wari ishiraniro, bituma ihatana ryo kwegukana Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza rirushaho gukomera.
Uyu mukino wari utegerejwe na benshi bitewe n’uko aya makipe yombi ahanganiye igikombe. Manchester City yabonye igitego cya mbere ku munota wa 16, gitsinzwe na Ryan Cherki, watunguye Arsenal atsinda hakiri kare.
Arsenal ntiyacitse intege, kuko yaje kwishyura binyuze kuri Kai Havertz, wagaruriye icyizere abafana bayo nyuma y’ikosa ryakozwe n’umunyezamu wa Manchester City. Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya 1-1.
Mu gice cya kabiri, Erling Haaland yongeye kugaragaza ubuhanga bwe atsinda igitego cya kabiri cya Manchester City ku munota wa 65, igitego cyahesheje ikipe ye intsinzi yigenzi cyane.
Uyu mukino wasize Haaland agejeje ku gitego cya gatandatu mu mikino umunani amaze guhura na Arsenal, bikomeza kugaragaza ko ari umwe mu bakinnyi bagora cyane iyi kipe yo mu murwa mukuru Londres.
Ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona, Arsenal iracyari ku mwanya wa mbere n’amanota 70, mu gihe Manchester City ifite amanota 67 ariko ikaba ifite umukino w’ikirarane ushobora kuyifasha kunganya amanota n’iyi kipe iyoboye.
Nubwo bimeze bityo, Arsenal iracyafite amahirwe menshi ugereranyije na Manchester City, kuko iyirusha igitego kimwe izigamye, ikintu gishobora kugira uruhare rukomeye mu kugena uwegukana igikombe.
Urugamba rwa shampiyona rukomeje gufata indi ntera, aho buri mukino usigaye ushobora guhindura byinshi ku makipe yombi ahatanira igikombe.
