Matthijs De Clercq yegukanye agace ka kane ka Tour du Rwanda 2026

Umubiligi Matthijs De Clercq ukinira ikipe Soudal Quick Step yegukanye agace ka kane ka Tour du Rwanda 2026 kangana n’ibilometero 127.2 kahagurukiye mu Karere Karongi kagasorezwa rwagati mu Mujyi wa Rubavu.

Matthijs yegukanye aka gace akoresheje amasaha atatu, iminota 55 n’amasegonda 55 yanganyije n’Umudage Kretschy Moritz banganyije ariko akamurusha iby’ijana.

Kari agace ka kane k’isiganwa ryaTour du Rwanda 2026, katangiriye mu karere ka Karongi, kagomba kunyura mu karere ka Rustsiro nko mu ishyamba rya Gishwati, hanyuma rigatungukira kuri Pfunda mu karere ka Rubavu mu gihe ryagomba gusorezwa mu Mujyi imbere y’isoko rishya.

Isiganwa ry’uyu munsi ryaranzwe no kuyoborerwa mu matsinda y’abakinnyi benshi kurusha kuba ryayoborwa n’umuntu umwe.

Umunyarwanda waje hafi ni kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Byukusenge Patrick wabaye uwa 12 arushwa n’uwa mbere iminota ibiri n’amasegonda 21.

Nubwo Kretschy Moritz atashoboye kwegukana agace ka kane ariko yahise yambara umwambaro w’umuhondo wari wambawe na Jurgen Zomermaand utahiriwe n’agace ka kane kuko yasoreje ku mwanya wa 25 arushwa iminota itanu.

Ku rutonde rusange kandi Umunyarwanda uza hafi ni Niyonkuru Samuel uri ku mwanya wa 17.