U Burundi: Bujumbura yibasiwe n’icyorezo cya Cholera

MSF/Evrard Ngendakumana

Umurwa mukuru w’ubukungu w’u Burundi, Bujumbura, watangaje ko uri mu rugamba rukomeye rwo guhangana n’icyorezo cya Cholera cyongeye kwaduka ku muvuduko utigeze ubaho mu myaka ya vuba.

Ubuyobozi bwafashe ingamba zirimo kubuza abaturage kusuhuzanya bahana amaboko no gusaba ingo zose kugira imisarane yujuje ibisabwa n’amategeko, mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’iyi ndwara.

Mu kwezi gushize, ikigo ‘Médecins Sans Frontières’ cyatangaje ko Cholera iri gukwirakwira byihuse, cyane cyane mu gace ka Cibitoke, aho mu byumweru bibiri bya mbere by’ukwezi abantu bagera kuri 200 bashyizwe mu bitaro kubera iyi ndwara.

Leta y’u Burundi nayo yemera ko kuva uyu mwaka watangira, abarwayi b’iyi ndwara barenga 1,000 bamaze kubarurwa, naho batandatu bakaba bamaze guhitanwa na yo. BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko abakurikirana hafi iby’iki cyorezo bavuga ko iyi mibare ishobora kuba iri hasi y’ukuri.

Umwe mu bayobozi muri Minisiteri y’Ubuzima asubirwamo n’ibinyamakuru byo mu Burundi yavuze ko mu kwezi gushize kwa Nzeri, honyine habonetse abarwayi benshi kurusha uko byagenze mu kwezi kumwe mu myaka itanu ishize.

Hafashwe ingamba zo kurinda ikwirakwira rya Cholera

Mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’iki cyorezo, ubuyobozi bw’intara ya Bujumbura bwafashe ingamba zikomeye zirimo; Kubuza abaturage kuramukanya bahana ibiganza, kugira ngo hirindwe gukwirakwiza udukoko dutera Korera, gusaba buri rugo kugira umusarane wujuje ibisabwa, gusaba buri rugo guteganya amazi meza n’isabune byo gukaraba, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’iyo ntara, Aloys Ndayikengurukiye.

Hafashwe kandi ingamba zo kubuza gutembereza ibiribwa bihiye ku mihanda nedtse no guhana abarekurira imyanda iva mu misarane mu miferege, kuko bishobora guteza ibyago byo kwandura.

Izi ngamba zije mu gihe abaturage bo mu bice bimwe bya Bujumbura basanzwe binubira ikibazo cy’amazi meza, bavuga ko hashize igihe kinini babayeho mu bukene bwayo, cyane cyane atangwa n’ikigo REGIDESO.

Mu nama yabaye mu cyumweru gishize ihuza inzego zitandukanye z’ubuzima, hagaragajwe ko hari umubare munini w’abaturage badafite imisarane mu ngo zabo, bigatuma bajya kwituma ahabonetse hose, bikaba intandaro yo kwanduza inzuzi n’ibiyaga. Iyo myanda yoherezwa mu mazi abantu bavomamo, cyane cyane kubera ikibazo cy’amazi meza, bikaba bitiza umurindi ubwandu bwa Cholera.

Ubuyobozi bwasabye ikigo REGIDESO kongera ingufu mu gutanga amazi mu bice byibasiwe cyane, by’umwihariko ku mavomo rusange, kugira ngo abaturage babone amazi meza yo gukoresha.

Ishami rya UN ryita ku buzima (WHO) rikorera mu Burundi, ryatangaje ko riri gutanga ubufasha burimo gushinga amahema y’inyongera ku bitaro bya Prince Régent Charles kugira ngo bikomeze kwakira abarwayi benshi bari kwiyongera.

Ikigo cy’Afurika gishinzwe kurwanya indwara (Africa CDC) kivuga ko muri uyu mwaka, abarenga 300,000 bashobora kwandura Cholera muri Afurika, umubare uruta inshuro eshatu uwo mu 2022. Icyo kigo kivuga ko Cholera yihariye ubukana budasanzwe mu Burundi, ndetse kiri gukomeza gukurikirana ibihugu nka Chad na Sudan na byo byugarijwe n’iki cyorezo.