Raporo yashyizwe ahagaragara ku wa 12 Gashyantare 2025 na komite ishinzwe kurengera abanyamakuru CPJ igaragaza ko umubare w’abanyamakuru bishwe ku isi mu mwaka ushize wa 2024, ari wo mubare munini ubayeho kuva iyi komite yatangira gukurikirana abanyamakuru bicwa buri mwaka mu myaka 30 ishize.
Iyi raporo igaragaza ko nibura abanyamakuru n’abandi bakora mu itangazamakuru 124 bo mu bihugu 18 bapfuye mu 2024.
Ni raporo kandi yerekana ko igihugu cya Isiraheli ari nyirabayazana w’impfu zigera kuri 70% z’abo banyamakuru.
CPJ ivuga ko intambara ya Isiraheli na Hamas muri Gaza yagize uruhare mu rupfu rw’abanyamakuru 85 bishwe n’abasirikare ba Isiraheli, inashinja iki gihugu kugerageza kubangamira iperereza ku byabaye.
Igisirikare cya Isiraheli, ubwo cyabazwaga ku byo gishijwa na CPJ, cyavuze ko nta makuru ahagije yatanzwe ku byabaye bivugwa ko ari yo mpamvu kitashoboye kubigenzura, cyongeraho ko gifata ingamba zose zishoboka mu rwego rwo kugabanya ingaruka abanyamakuru n’abasivili bashobora guhurira nazo mu ntambara.
Iki gisirikare cyagize giti “Ingabo za Israheli (IDF) ntabwo zigeze, kandi ntizizigera, zibasira nkana abanyamakuru.”
Umubare w’abanyamakuru n’abakozi b’itangazamakuru bishwe muri 2024 wariyongereye cyane ugereranyije n’imyaka yashize, kuko 102 nibo bishwe mu 2023 naho 69 bishwe mu 2022, nk’uko CPJ ibitangaza.
Iyi komite yavuze ko impfu nyinshi zindi zabanjirije izi zabaye mu 2007, ubwo abanyamakuru 113 bahasigaga ubuzima, hafi kimwe cya kabiri cyabo bapfiriye mu ntambara yo muri Iraki.
Muri raporo y’iyi komite kandi igaragaza ko Sudani na Pakisitani aribyo bihugu biza ku mwanya wa kabiri mu kugira umubare munini w’abanyamakuru bishwe mu mwaka ushize.
Umuyobozi mukuru wa CPJ Jodie Ginsberg yagize ati “Uyu munsi ni igihe kibi cyane cyo kuba umunyamakuru mu mateka ya CPJ.”
Yakomeje agira ati “Intambara ya Gaza ntishobora kugaragazwa gusa n’ingaruka zayo ku banyamakuru ahubwo inagaragaza kwirengagizwa kw’amahame mpuzamahanga mu kurengera abanyamakuru mu bice by’intambara, ariko ntabwo ariho honyine abanyamakuru bari mu kaga.”
Iyi komite yongeyeho ko byibuze abanyamakuru n’abakozi b’itangazamakuru batandatu aribo bamaze kwicwa kuva uyu mwaka 2025 watangira.
