Trump yarengeye igikomangoma cya Arabia Saudite gishinjwa kugira uruhare mu rupfu rw’umunyamakuru

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump yarengeye Igikomangoma cya Arabia Saudite Mohammed bin Salman, ashimangira ko ntacyo yarazi ku rupfu rw’umunyamakuru Jamal Khashoggi rwo mu 2018, nubwo raporo y’ubutasi bwa Amerika yo mu 2021 yahuzaga iyicwa rye n’iki igikomangoma.

Ibi byabaye ubwo iki gikomangoma Bin Salman uri mu ruzindiko muri Amerika yari kumwe na Trump mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri Oval Office.

Muri iki ginairo Trump yanze kunenga Bin Salman ubwo yabazwaga ku rupfu rwa Khashoggi, wishwe kumpamvu za politiki n’ububanyi n’amahanga rwashijwe iki gikomangoma.

Yagize ati: “Umukunda cyangwa utamukunda, ibintu bibaho ariko we ntacyo yari abiziho. Ntimukagore abashyitsi bacu.”

Igikomangoma Bin Salman we avuga rupfu rwa Khashoggi rwabereye ku nyubako ya ambasade ya arabia Saudite i Istanbul muri Turkiya, yavuze ko rubabaje kandi arikosa rikomeye, ashimangira ko ubwami bwakoze ibyo bwari bukwiriye gukora byose mu iperereza.

Raporo y’ubutasi bwa Amerika yasohowe na Perezida Joe Biden mu 2021 yanzuye ko igikomangoma cyemeje umugambi wo gufata no kwica Khashoggi.

Ubutegetsi bwa Trump bwari bwaranze kubitangaza nubwo abayobozi ba Arabia Saudite bamwe bahamijwe uruhare muri ubwo bwicanyi, gusa nta gihano cyigeze kijya ku igikomangoma ubwe.

Hanan, umugore wa Khashoggi, yamaganye amagambo ya Trump, yibutsa ko igikomangoma cyari cyibifitemo uruhare, nk’uko yabivugiye mu cyiganiro 60 Minutes” cyo mu 2019. Uyu mugore ubu asaba kurenganurwa, agahabwa indishyi n’ubuyobozi bwa Arabia Saudite.

Muri uru ruzinduko rwa mbere Bin Salman agiriye muri Amerika kuva Khashoggi yakicwa,  we na Trump baganiriye ku kongera ubufatanye bwa Amerika na Arabia Saudi, harimo amasezerano ku ngufu za kirimbuzi zikoreshwa mu buryo bwa gisivili, ikoranabuhanga rya AI, ndetse no kongera ishoramari rya Arabia Saudite muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rikagera kuri tiriyoni imwe y’amadorali.  

Mu 2024, nibura abanyamakuru 124 barishwe ku isi,uyu ukaba ariwo mwaka mubi kurusha indi yose aho 70% byabanyamakuru bapfuye, baburiye ubuzima mu ntambara ya Israel na Palestine.

IFJ itangaza ko abanyamakuru 104 bishwe muri uwo mwaka, naho RSF igaragaza ko kuva mu 2003, abanyamakuru 1,668 bamaze kwicwa ku isi hose. Nubwo ubu bwicanyi ari bwinshi, 85% by’abagize uruhare muri ubwo bwicanyi kuva mu 2006, ntibigeze baburanishwa, bigaragaza ikibazo gikomeye cyo kugabanuka k’ubwisanzure bw’itangazamakuru ku rwego rw’isi.