RSF yashinjwe kwica abantu 300 ku munsi umwe muri Sudani

Abaharanira uburenganzira bwa muntu muri Sudani batangaje ko imibare y’abantu bicwe n’inyeshyamba za Rapid Support Forces (RSF) kuwa gatandatu yageze kuri 300.”

RSF imaze igihe ishyamiranye n’ingabo za Sudani kuva muri Mata 2023.

Itsinda ryitwa Emergency Lawyers riharanira uburenganzira bwa muntu ryavuze ko RSF yateye uduce twinshi hafi y’umujyi wa Bara, aho izo nyeshyamba zashize ibirindiro.

Iri tsinda rivuga ko mu gace ka Shag Alnom hiciwe abantu barenga 200, mu gihe mu gace ka Hilat Hamid hiciwe abandi bantu 46, barimo abagore batwite n’abana. Ibitero byari bigamije kwiba no gusahura mu bindi bice byahitanye abandi baturage 38, ndetse hari n’ababuriwe irengero.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi rivuga ko abantu barenga 3,400 bamaze guhunga iyi mirwano. Barimo abahunze bava mu gace ka Fasher bajya i Tawila guhera muri Mata.

Kuri ubu, igisirikare cya Sudani gifite ubutegetsi bukomeye mu burasirazuba n’umujyi wa Khartoum, mu gihe RSF ikomeje kwagura ubutegetsi mu burengerazuba bwa Sudani, harimo na Kordofan y’Amajyaruguru.

Raporo yashyizwe ahagaragara n’umuryango Médecins Sans Frontières (MSF) muri uku kwezi igaragaza ko ibikorwa by’ihohoterwa rikabije birimo kwicwa, gushimutwa, gufatwa ku ngufu n’ibindi bikomeje gukorerwa abasivile.

Muri uku kwezi, Umuryango w’Abibumbye watangaje ko utewe impungenge n’imibereho y’abaturage muri Sudani, cyane cyane abari i El Fasher aho abahasigaye bahanganye n’inzara ikabije no kubura amazi meza.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu bashinja RSF ibyaha by’intambara, ibyaha byibasiye inyokomuntu ndetse n’itsembabwoko. Abasirikare b’iri tsinda bamaze igihe bagaba ibitero bigamije gusahura no kwica abaturage mu duce bamaze kwigarurira.

Intambara ya gisivile muri Sudani yahinduye iki gihugu ahantu habi cyane ku isi mu bijyanye n’ubutabazi, aho hejuru ya 50% by’abaturage bafite inzara ikabije ndetse n’indwara nka kolera zikomeje kwiyongera. Ni mu gihe mu myaka ibiri ishize abarenga 150,000 bamaze kwicwa, naho abarenga miliyoni 12 bo bahunze ingo zabo.

About Kwihangana Joshua 242 Articles
I am a Flesh man Journalism Student at Institut Catholique De Kabgayi A Filmaker A Sound Engineer.