Umubiligi Remco Evenepoel yegukanye shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 mu gusiganwa n’igihe (Individual Time Trial, ITT) mu bagabo, akoresheje iminota 49,6 ku ntera y’ibilometero 40,6..
Evenepoel yabigezeho nyuma yo guhigika nimero yambere ku isi Tadej Pogacar wari uhanzwe amaso cyane, ariko niyahiriwe kuko yaje ku mwanya wa kane nyuma yo gukoresha iminota 52,23 ku ntera y’ibilometero 40,6, arushwa iminota ibiri n’amasegonda 37 na Evenepoel
Evenpoel yahise yambikwa umudali wa zahabu ndetse n’umwambaro w’umukororombya uhabwa uwegukanye iyi shampiyona y’Isi muri buri cyiciro.
Umunya-Australia Jay Vine yabaye uwa kabiri aho yakoresheje iminota 51 naho uwa gatatu aba Umubiligi Ilan Van Wilder wakoresheje iminota 52,22.
Mu Banyarwanda, Nsengiyumva Shemu, yabaye uwa 25 asizwe iminota itandatu n’amasegonda 55.
Uyu ni na wo mwanya wa mbere wegukanywe n’umunyarwanda, mu gihe Mugisha Moise yabaye uwa 31 asizwe iminota umunani n’amasegonda 54 mu bakinnyi 54 bakinnye muri rusange.
Ugendeye ku rutonde rusange, Nsengiyumva Shemu ni umuny’Afurika wa 2 nyuma ya Munton Byron ukomoka muri Afurika yepfo we uri ku mwanya wa 20 ku rutonde rusange aho yakoresheje iminota 54 n’amasegonda 51 akaba yasizwe iminota 5n’amasegonda atanu na Evenepoel Remco wa mbere.
Marlen Reusser yabaye uwa mbere mu bagore

Marlen Reusser (hagati) agaragiwe n’abamukurikiye ku mwanya wa kabiri n’uwa gatatu
Marlen Reusser ukomoka mu Busuwisi yageze kuri iyi ntsinzi mu gusiganwa n’isaha umuntu ku giti cye, nyuma yo gukoresha iminota 43 n’amasegonda icyenda asiganwa ibilometero 32.1 byatangiriye muri BK Arena bigasorezwa kuri Kigali Convention Centre.
Reusser w’imyaka 33 y’amavuko yahise yambikwa umudali wa zahabu ndetse n’umwambaro w’umukororombya uhabwa uwegukanye iyi shampiyona muri buri cyiciro.
Yakurikiwe na Anna van der Breggen ukomoka mu Buholandi, ndetse ahita ahabwa umudali wa feza, mu gihe ku mwanya wa gatatu haje munya-Norvege Katrine Aalerud watwaye umudali w’umuringa.
Mu Banyarwandakazi babiri bonyine bari bari muri 44 bahatanye, Nirere Xaverine wahagurutse mbere y’abandi bose yabaye uwa 27 akoresheje iminota 50 n’amasegonda arindwi mu gihe Ingabire Diane yabaye uwa 35 akoresheje iminota 52 n’amasegonda atanu.
Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera i Kigali, izakomeza ku wa Mbere, tariki ya 22 Nzeri 2025, aho hazakina abakinnyi b’abahungu n’abakobwa batarengeje imyaka 23 basiganwa n’igihe (Individual Time Trial)
Aba bahungu batarengeje imyaka 23 bazakina intera y’ibilometero 31,2 guhera saa 13:35, mu gihe abakobwa batarengeje iyo myaka bazakina intera y’ibilometero 22,6, bo bakazakina guhera saa 10:30.
U Rwanda ruzaba ruhagarariwe na Tuyizere Etienne na Niyonkuru Samuel mu bahungu, hamwe na Nyirarukundo Claudette na Mwamikazi mu bakobwa.




