Nigeria: Abarenga 50 baguye mu gitero cyagabwe muri Leta ya Plateau

Abaturage n’umuryango wa Amnesty International bavuze ko nibura abantu 51 bishwe barashwe n’abantu bitwaje intwaro kuri uyu wa mbere tariki 14 Mata muri Leta ya Plateau mu majyaruguru ya Nigeria.

Ibu bwicanyi bubaye hashize ibyumweru bibiri gusa habaye imirwano yahitanye abandi bantu benshi mu kandi gace ko muri iyo leta.

Mu cyumweru gishize, ikigo cy’igihugu gishinzwe ubutabazi cyatangaje ko abantu bitwaje intwaro bishe abantu 52 ndetse bakanimura abandi bagera ku 2000mu minsi myinshi y’ibitero byabereye muri Leta ya Plateau, aho amateka agaragaza ko hakunze kuba urugomo hagati y’abahinzi n’aborozi.

Kuri uyu wa mbere, abaturage bavuze ko imirambo 51 yabonetse mu midugudu ya Zikke na Kimakpa mu karere ka Bassa muri Plateau, mu gihe abandi benshi bakomeretse.

Impamvu y’icyo gitero ntiramenyekana.

Umuturage witwa Joseph Chudu Yonkpa, yavuze ko abantu bitwaje imbunda ari aborozi b’inka. Yakomeje agira ati: “Abantu benshi bashyinguwe. Ubu muri iyi Leta hari akababaro kenshi.”

Umuvugizi wa polisi muri iki gihugu ntacyo yatangarije Reuters dukesha iyi nkuru, gusa umuvugizi w’itsinda ry’urubyiruko rwo muri Plateau ryitwa ‘Jere Nation Youths Development Association,’ Albert Garba Samuel yagize ati:”Nta muryango n’umwe ukwiye kunyura muri ubwo bubabare, kumena amaraso no gusenya.”

Amnesty International Nigeria yatangaje ko abagabye igitero banatwitse kandi basahura amazu y’abaturage.

Amnesty yagize iti: “Kunanirwa gukaza umutekano bidafite ibisobanuro byatumye iki gitero giteye ubwoba kiba, nyuma y’ibyumweru bibiri habaye ubwicanyi bwahitanye abantu 52. Bigomba gukorwaho iperereza.”

Plateau ni imwe muri leta ziri mu gice cyo hagati cya Nigeria, kizwi ku izina rya ‘Middle Belt,’ kirangwamo n’ubwiganze bw’amoko n’amadini atandukanye, aho amakimbirane ashingiye ku moko n’amadini amaze guhitana abantu amagana mu myaka ishize.

Uru rugomo kenshi ruterwa n’imvururu zishingiye ku moko n’amadini hagati y’aborozi b’Abayisilamu n’abahinzi b’Abakirisitu. Ariko, ihindagurika ry’ibihe n’igabanuka ry’ubutaka bwo kuragiraho bitewe no kwagura aho ubuhinzi bukorerwa nabyo ni bimwe mu bitera izo mvururu.