Niger: Abantu bitwaje intwaro bishe 22 bari mu birori bya batisimu

Abantu bitwaje intwaro bari ku mapikipiki barashe abanTu 22 barabica, aho benshi muri bo bari bitabiriye ibirori bya batisimu, mu gitero cyagabwe ku mudugudu wo mu burengerazuba bwa Niger.

Umwe mu baturage bari aho byabereye yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, ko abantu 15 biciwe mu muhango wo kubatizwa mu karere ka Tillabéri, gahana imbibi na Mali na Burkina Faso, mbere y’uko abo bagizi ba nabi bimukira ahandi bakica abandi barindwi.

Maikoul Zodi uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri aco gace yagize ati: “Mu gihe abantu bizihizaga umuhango wa batisimu, abantu bitwaje imbunda bararashe, bica bamwe abandi basigaranba ubwoba.”

Guverinoma y’igisirikare kiyoboye Niger cyakomeje kugorwa no guhashya ibikorwa by’ubugizi bwa nabi byaba-jihadiste muri ako karere, bikorwa n’imitwe ifitanye isano na al-Qaeda na Leta ya Kisilamu

Ibiro ntaramakuru AFP byanavuze ko ikinyamakuru cyo muri ako karere, Elmaestro TV, cyatangaje ko habayeho “urupfu rw’agashinyaguro rw’abantu 22 b’inzirakarengane bishwe bahowe ubusa.”

Ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Niger, bwemeje amakuru y’icyo gitero muri ako gace, ariko ntibwatangaje umubare w’abapfuye cyangwa bakomeretse.

Mu cyumweru gishize, Umuryango urengera uburenganzira bwa muntu (Human Rights Watch) watangaje ko umutwe waba jihadiste wakajije ibitero muri Niger kuva muri Werurwe, aho wishe abantu barenga 127 bo mu byaro.

Uyu muryango kandi wavuze muri icyo gihe inzu nyinshi zasahuwe izindi zigatwikwa.

Human Rights Watch yanashinje ubutegetsi bwa Niger kutagira icyo bukora gikwiye nyuma yo guhabwa amakuru y’ibitero byari byarateguwe, ndetse no kwirengagiza ubusabe bw’abaturage bari basabye ubufasha.

Ku wa Gatatu w’icyumweru gishize, abasirikare 14 ba Niger bishwe mu gico mu karere ka Tillabéri, nk’uko igisirikare cyabitangaje mu itangazo ryacyo ryasohotse ku wa Gatandatu.

Igisirikare cyavuze ko ubwo abo basirikare bicwagwa, rimwe mu ishami ry’icyo gisirikare ryari ryoherejwe ahavugwaga ubujura bw’amatungo bwakorwaga n’abantu bitwaje intwaro, arko iryo shami rihageze risange ni igico bariteze.