Ibyo wamenya kuri Nile Conference

Imyanya 3 niyo isigaye ngo hamenyekane neza amakipe agomba kwitabira imikino ya nyuma ya Basketball Africa League (BAL) 2025. Ni imikino 12 iteganijwe kubera i Kigali guhera ku itariki 17 kugeza kuri 25 muri BK Arena.
Dore bimwe mu byo ukeneye kumenya muri iyi mikino izahuza amakipe yo gice cyiswe Nile Conference.
Amakipe 4 aturutse mu bice bitandukanye bya Africa niyo ahanganiye imyanya mu mikino ya nyuma izabera i Pretoria muri Afrika y’Epfo mu kwezi kwa 6.

Amakipe 3 muri 4 azakina muri Nile Conference ni ubwa mbere yitabiriye iri rishanwa, aya akaba ari Al Ahli Tripoli (Libya), MBB (South Africa), na Nairobi City Thunder (Kenya).
APR izaba ikinira imbere y’abafana bayo yo ifite urugamba rukomeye rwo kudasubiramo amakosa bakoreye muri Senegal umwaka ushize ubwo bari mu itsinda rya Sahara Conference.
Umujyi wa Kigali usanzwe umenyereye impumeko ya BAL ndetse BK Arena niyo yakiriye imikino yose yanyuma iheruka y’iki gikombe guhera mu 2021 ubwo cyatwarwaga na Zamalek, US Monastir mu 2022, Al Ahly SC mu 2023, na Petro de Luanda mu 2024.
Irushanwa ry’uyu mwaka ryitezweho kuzakinwamo n’abakinnyi benshi bafite inararibonye muri shampiyona ikomeye ku isi ya NBA.

Nyuma yuko George King afashije ikipe ya Al Ittihad yatsinze imikino yose mu itsinda rya Kalahari Conference ryahanganiye muri Rabat mu kwezi gushize, I Kigali naho hategerejwe Jaylen Adams wakiniye amakipe akomeye muri NBA nka Atlanta Hawks, Portland Trail Blazers, na Milwaukee Bucks akazaba akinira ikipe ya Al Ahly Tripoli.
Jean Jacques Boissy usanzwe ukinira ikipe ya REG BBC niwe mukinnyi wenyine wakinnyeho Final ya BAL uzaba uri muri iri tsinda. Uyu akaba yarakiniraga AS Douanes yatsindiwe ku mukino wanyuma na Al Ahly SC mu 2023.
Umukinnyi mukuru kurusha abandi muri iri tsinda ni Neo Mothiba w’ikipe ya MBB hamwe n’imyaka 43 kuko yabonye izuba mu 1982.

Umukinnyi muto ni umunya Nigeria Emmanuel Onoja w’imyaka 16 gusa kuko yabonye izuba mu 2009, akaba yarinjiye mu ikipe ya Al Ahli Tripoli biciye mu mushinga wa BAL wo kuzamura impano wiswe “BAL Elevate Program”
Itsinda rya Nile Conference kandi rinafite umwihariko wo kugira umukinnyi muremure kurusha abandi kuva aya marushanwa ya BAL yatangira.

Uyu ni David Craig, umunya Sudan y’Epfo w’imyaka 21, akaba areshya na metero 2 hamwe na centimetero 19.