BAL 2025: Amakipe 8 azakina imikino ya nyuma yamenyekanye

Imyanya 3 niyo yari isigaye ngo hamenyekane neza amakipe agomba kwitabira imikino ya nyuma ya Basketball Africa League 2025.

Mu mikino yo gushaka itike yo gukina imikino ya nyuma ya BAL iri kuba ku nshuro ya 5 yabereye mu matsinda (conferences) agera kuri atatu kugira ngo hishakemo amakipe azakina imikino ya nyuma izabera i Petroria muri Afurika y’Epfo.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 25 Gicurasi 2025 nibwo hamenyekanye amakipe 3 yiyongera ku makipe yari asanzwe yarabonye itike mu matsinda yabanje.

Amakipe abiri ari yo Al Ahli Tripoli yo muri Libya n’ikipe y’ingabo z’igihugu cy’u Rwanda APR niyo yakatishije itike yo gukina Basketball Africa League (BAL) Final 2025, nyuma yo kwitwara neza mu itsinda rya Nile Conference ryaberaga i Kigali mu Rwanda, bikaba byari ubwa mbere u Rwanda rwakiriye imikino yo mu matsinda (Conferences).

Ikipe ya Al Ahli Tripoli yari yitabiriye iyi mikino bwa mbere niyo yegukanye umwanya wa mbere muri Nile Conference, ibi yabigezeho  nyuma yo kwitwara neza muri Nile Conference aho yasoje imikino yayo muri iri tsinda yemye idatsinzwe umukino n’umwe bivuze ko yatsinze imiko 6 yose.

Ku munsi wa nyuma iyi kipe yo muri Libya yatsinze Made by Basketball (MBB) yo muri Afurika y’Epfo amanota 102-73 bityo MBB inanirwa kubona itike yo gukinira iwabo Kubera ko yatsinze imikino ibiri igatsindwa ine.

Ku rundi ruhande Ikipe APR bwa mbere yakoze yo kubona itike y’Imikino ya Nyuma ya BAL 2025, nyuma yo kudahirwa n’urugendo ruheruka aho yananiwe kubona iyo tike kandi imikino ya nyuma yari bubere i Kigali.

APR yabonye itike nyuma yo gutsinda Nairobi City Thunder yo muri Kenya amanota 77-74 aho muri iri tsinda yabaye iya kabiri ikaba mu mikino itandatu yaratsinze imikino itatu igatsindwa itatu.

Mu gihe Nairobi City yari yitabiriye iyi mikino yabuze itike nyuma yo gutsinda umukino umwe igatsindwa 5 mu mikino itandatu.

Usibye aya makipe yo mu itsinda rya Nile yiyongere ku yandi yabonye itike, ikipe yo muri Maroc FUS Rabat nayo yabonye itike nk’ikipe yatsinzwe neza (Best loser) yo ikaba yarakiniye mu itsinda rya Kalahani

Magingo aya amakipe yabonye itike y’Imikino ya Nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo ariyo US Monastir yo muri Tunisia, Petro de Luanda yo muri Angola na Kriol Star yo muri Cap-Vert, Al Ittihad yo mu Misiri na Rivers Hoopers yo muri Nigeria, Al Ahli Tripoli yo muri Libya, APR yo mu Rwanda na FUS Rabat yo muri Maroc.

Biteganyijwe ko Mbere yo gutangira imikino ya nyuma izabera muri Afurika y’Epfo tariki ya 6 kugeza kuya 14 Kamena 2024, amakipe umunani akina imikino yo gutondeka urutonde, mbere yo gutangira gukuranwamo muri ¼, ½ ndetse n’umukino wa nyuma.

Ikipe ya Petro de Luanda yo muri Angola niyo ifite igikombe giheruka aho yari yatsinze Al Ahly Ly yo muri Libya ku mukino wa nyuma, umukino wabereye muri BK Arena I Kigali. Akaba ari nayo kipe yonyine igifite yo munsi y’ubutayu bwa sahara kuva BAL yatangira mu 2020.