Kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yamaze kugera i Kampala muri Uganda aho ahagarariye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, mu muhango wo kurahira kwa Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, uteganyijwe kuba kuri uyu wa 12 Gicurasi 2026.
Uyu muhango uzabera ku kibuga cya Kololo Ceremonial Grounds giherereye mu murwa mukuru wa Uganda, Kampala, nk’uko byatangajwe n’Ikigo cya Leta ya Uganda gishinzwe gutangaza amakuru, Uganda Media Centre.
Perezida Museveni yongeye gutorerwa kuyobora Uganda nyuma y’amatora yabaye ku wa 15 Mutarama 2026, aho Komisiyo ya Uganda ishinzwe amatora yatangaje ko Museveni yatsinze ku majwi 71,65%, akurikirwa na Bobi Wine wagize 24,72%, Mafabi agira 1,88%, abandi basaranganya amajwi asigaye.
Museveni amaze imyaka 40 ayobora Uganda, akaba agiye kurahirira indi manda, ari na bwo azaba arahiriye kuyobora iki gihugu ku nshuro ya karindwi.
Biteganyijwe ko uyu muhango uzitabirwa n’abayobozi batandukanye bo mu karere no hanze yako, barimo abakuru b’ibihugu, abayobozi ba za Guverinoma, abadipolomate ndetse n’intumwa zidasanzwe ziturutse mu bihugu bitandukanye.
Dr. Nsengiyumva yageze i Kampala mbere y’ikorwa ry’uyu muhango, aho biteganyijwe ko azifatanya n’izindi ntumwa mu bikorwa bitandukanye bitegura irahira rya Perezida Museveni.
U Rwanda na Uganda bisanzwe bifitanye umubano mwiza ushingiye ku bufatanye mu nzego zitandukanye zirimo ubukungu, ubucuruzi, umutekano n’iterambere ry’akarere.
Umwanditsi: Paul Ushindi
