Kuri uyu wa Kane, Guverinoma ya Somalia yatangaje ko ibitero byo mu kirere byakozwe n’ingabo z’iki gihugu ku wa Gatatu byahitanye abarwanyi 12 ba Al Shabaab mu gihugu rwagati, naho abandi 35 bicirwa mu gice cyo mu majyepfo ashyira uburengerazuba ubwo bageragezaga kugaba igitero ku kigo cya gisirikare.
Ibiro ntaramakuru by’u Bwongereza, Reuters, bivuga ko ibi bitero byabaye ku mugoroba wo ku wa Gatatu byaje nyuma y’amasaha make abarwanyi b’umutwe wa al Shabaab ufitanye isano na al Qaeda, ugabye igitero mu mujyi w’ingenzi uherereye muri ako gace ko mu gihugu rwagati.
Al Shabaab, ishaka gufata ubutegetsi no kuyobora hashingiwe ku ishyirwa mu bikorwa ry’amategeko akakaye ya kisilamu nk’uko iyasobanura, mu kwezi gushize yafashe by’akanya gato uduce turi muri kilometero 50 uvuye i Mogadishu, bitera ubwoba abatuye umurwa mukuru ko bashobora kugabwaho ibitero.
Leta ya Somalia yatangaje ko bamwe mu bayobozi bakuru b’uyu mutwe bari muri 12 bishwe mu gitero cyo mu kirere cyakozwe n’ingabo za Somalia ku bufatanye n’itsinda ry’Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Afurika (AFRICOM), mu karere ka Adan Yabaal ko hagati muri Somalia.
Itangazo Minisiteri y’Itangazamakuru yashyize ku rubuga rwa X, ryagiraga riti: “Igitero cyagabwe cyibasiye ahantu hakoreshwaga n’abo barwanyi nk’aho bateranira ndetse n’aho bihishaga. Icy’ingenzi ni uko nta baturage b’abasivile bahasize ubuzima.”
Iyi minisiteri yongeyeho ko kandi igisirikare cy’igihugu cyishe nibura abandi barwanyi 35 hafi y’umujyi wa Baidoa.
Intambara ikomeye yadutse kuri uyu wa Gatatu mu mujyi wa Adan Yabaal, uherereye mu bilometero 245 mu majyaruguru ya Mogadishu, akaba ari ahantu hakunze gukoreshwa nk’ibirindiro byahategurirwa ibitero bigabwa kuri Al Shabaab.
Ibyavuye muri iyo ntambara ntibyahise bimenyekana, kuko ingabo za leta na Al Shabaab batangaje amakuru anyuranye ku wufite ubutegetsi bw’uwo mujyi.
Al Shabaab yatangaje ko ingabo zayo zafashe ibirindiro 10 bya gisirikare mu mirwano yabaye kuri uwo munsi.
Mu gihe ingabo za Somalia zasubije mu maboko yazo uduce twari twarafashwe by’akanya gato na Al Shabaab mu kwezi gushize, gusa uyu mutwe wakomeje kwigarurira ibice byo mu cyaro, bituma leta itumiza polisi n’abarinda imfungwa kugira ngo bafashe ingabo, nk’uko abasirikare babitangarije Reuters.
