Sudani: Loni ivuga ko abarenga 400 bashobora kuba bariciwe mu bitero biherutse kubera i Darfur

Umuryango w’Abibumbye (Loni) uvuga ko abantu barenga 400 bishwe n’umutwe witwara gisirikare wa Rapid Support Forces (RSF) mu bitero uherutse kugaba mu karere ka Darfur mu gihugu cya Sudani.

Mu cyumweru gishize, RSF yagabye igitero gikomeye cyo ku butaka no mu kirere ku nkambi z’impunzi ziri hafi y’umujyi wa El-Fasher, mu kugerageza gufata uwo murwa mukuru wa leta ya Darfur ugenzurwa n’igisirikare cya Sudani bahanganye.

Izo mpande zombi ziri mu ntambara yo kurwanira ubutegetsi kuva muri Mata 2023. Ibi byateje amakuba ya mbere akomeye ku isi abangamiye imibereho y’abaturage ndetse byatumye abantu babarirwa muri za miliyoni bata ingo zabo.

Loni yavuze ko yagenzuye ubwicanyi bwakorewe abantu 148 hagati yo ku wa kane no ku wa gatandatu, ariko ihamya ko umubare w’abishwe ari munini cyane kurushaho.

Umuvugizi wa Loni Ravina Shamdasani yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko igenzura ryabo rigikomeje ndetse ko umubare wabo utarimo abishwe ku cyumweru.

Shamdasani yagize ati: “Abaduhaye amakuru bo kwizerwa, bavuze ko abantu barenga 400 bishwe.”

Loni yavuze ko abakozi nibura icyenda bakora ubutabazi bari muri abo bishwe.

Izo nkambi z’impunzi zikikije El-Fasher, ni  inkambi ya Zamzam n’inkambi ya Abu Shouk, zicumbikiye by’igihe gito abantu barenga 700,000, benshi bakaba babayeho mu buryo bubi.

Mu itangazo wasohoye ku wa gatandatu, umutwe wa RSF wavuze ko atari wo wagabye ibitero ku basivile ndetse ko ibikorwa by’ubwicanyi mu nkambi ya Zamzam byakozwe hagamijwe guharabika abarwanyi bawo.

Ku munsi wakurikiyeho, uwo mutwe wavuze ko warangije gukora “ibohora ryageze ku ntego” ry’iyo nkambi, uvuga ko wayatse igisirikare cya Sudani. RSF yashinje igisirikare cya Sudani gukoresha inkambi ya Zamzam nk'”ikigo cya gisirikare, n’abaturage b’abasivile b’inzirakarengane nk’abantu bo kwikingaho”.

El-Fasher ni wo mujyi ukomeye wa nyuma wo muri Darfur ugenzurwa n’igisirikare cya Leta ndetse umaze umwaka ugoswe na RSF. Kuri uyu wa kabiri, intambara yo muri Sudani yinjiye mu mwaka wayo wa gatatu.

Volker Türk, umukuru w’ishami rya Loni ryita ku burenganzira bwa muntu, yasabye impande zose ziri mu ntambara “kwiyemeza bundi bushya gufata ingamba zifatika zerekeza ku guguhagarika intambara”.

Uyu munsi, abayobozi bo ku rwego rwo hejuru bo mu bihugu bitandukanye bahuriye i Londres mu Bwongereza kugira ngo baganire ku ntambara yo muri Sudani, yujuje imyaka ibiri itangiye.

Mbere y’iyi nama, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bwongereza David Lammy, yatangaje imfashanyo y’ibiribwa n’indi mfashanyo yose hamwe ifite agaciro ka miliyoni 120 z’amapawundi (arenga miliyari 228FRW) igenewe Sudani.

Lammy yavuze kandi ko umutekano wa Sudani ari “ingenzi cyane ku mutekano w’igihugu cyacu”.

U Bwongereza burayobora iyo nama bufatanyije n’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (AU) n’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU).