Umutingito ukomeye wa 7.7 wibasiye igice cyo hagati cya Myanmar kuri uyu wa Gatanu, hafi y’umujyi wa kabiri munini wa Mandalay, utuwe n’abaturage basaga miliyoni imwe kandi uzwiho kugira ibibumbano bya kera.
Imitingito y’uyu mutingito yumvikanye no mu murwa mukuru wa Thaïlande, Bangkok, aho inyubako zanyeganyezwaga bikomeye.

Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana abaturage bahungira hanze y’inyubako zigiye kugwa, umukungugu wuzuye mu kirere, ndetse imodoka zihagarara mu mihanda.
Iki gihugu gisanzwe kiri mu bibazo bikomeye by’intambara yo mu gihugu imaze imyaka irenga ine, yatewe n’ihirikwa ry’ubutegetsi ryakozwe n’igisirikare, ku buryo byatumye habaho ihungabana ry’ubukungu n’amakimbirane akaze.
Bivugwa ko Myanmar, kimwe mu bihugu bikennye cyane muri Aziya, kidafite ubushobozi buhagije bwo guhangana n’ibiza bikomeye nk’uyu mutingito.
Umwe mu batuye i Yangon, umurwa mukuru w’ubucuruzi wa Myanmar uri mu birometero 600 uvuye aho umutingito waturutse, yabwiye CNN ati: “Twumvise umutingito umaze umunota, duhita dusohoka duhunga.” Yongeyeho ati: “Twabonye n’abandi bantu benshi basohoka mu nyubako. Byatugwiririye vuba cyane kandi byari bikomeye.”
Undi muturage yavuze ko imiyoboro y’itumanaho muri uyu mujyi utuwe n’abaturage bagera kuri miliyoni umunani yahungabanye akanya gato nyuma y’umutingito, ariko nyuma yongeye gukora.

Amashusho ku mbuga nkoranyambaga yerekana iturika ry’ikiraro cyambukiranya uruzi rwa Irrawaddy ruca mu mujyi wa Mandalay.
Aho umutingito waturutse ni mu karere ka Sagaing, kamaze igihe gahangayikishijwe n’intambara hagati y’igisirikare cyafashe ubutegetsi, imitwe irwanya ubutegetsi, ndetse n’indi mitwe yitwaje intwaro.
Aka gace karimo za bariyeri zishyirwaho n’izo mpande zose, bigatuma ingendo ziba ingorabahizi haba ku butaka cyangwa mu mazi.
Icyerekezo cy’imbaraga z’uyu mutingito cyagaragaye hakiri kare, kuko cyumvikanye no mu ntara ya Yunnan mu majyepfo y’uburengerazuba bw’u Bushinwa, ndetse no muri Thaïlande.
Amashusho yashyizwe ku rubuga rwa X yerekanye inyubako yaguye mu murwa mukuru wa Thaïlande, Bangkok, ahitwa Chatuchak Park. Iyo nyubako yari ikirimo kubakwa.
Ishami ry’igihugu rishinzwe ubutabazi bwihuse muri Thaïlande ryatangaje ko abantu 43 bagwiriwe n’iyo nyubako, mu gihe abandi barindwi bakomerekejwe n’icyo cyago.
Umwe mu batuye mu mujyi wa Chiang Mai wo mu majyaruguru ya Thaïlande yagize ati: “Numvise umutingito amasegonda icumi, maze numva ko ntashobora kuguma mu nzu. Nahise niruka nsohoka njya mu muhanda.”
Kugeza ubu, ibyangijwe n’uyu mutingito ntibiragaragazwa muri ibi bihugu byose uyu mutingito wagezemo.
