Uganda: Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi yashinjwe kugambanira igihugu

Kuri uyu wa Gatunu, tariki ya 21 Gashyantare, umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Kizza Besigye yaburanishijwe n’urukiko rwa gisivili rwa Nakawa mu murwa mukuru Kampala ku cyaha aregwa cyo kugamabanira igihugu mu rubanza rutavuzweho na benshi kuko  rwimuwe rukuwe mu rukiko rwa gisirikare.

Kugambanira igihugu ni icyaha gikomeye muri Uganda kandi gihanishwa igihano cy’urupfu ku wo gihamye.

Kizza Besigye w’imyaka 68 yashinjwaga hamwe n’abandi bantu babiri bakekwaho icyo cyaha, gusa bo ntibigeze baburana kuko ibyo baregwa biburanishirizwa gusa mu rukiko rukuru.

Uyu mugabo yagaragaye ku rukiko ari mu kagare bigaragara ko afite intege nke. Mu ntangiriro z’icyumweru gishize, nibwo Besigye yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara, gusa umunyamategeko we Erias Lukwago yabwiye abanyamakuru ko ubu uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi yahagaritse imyigaragambyo ye.

Kizza Besigye, wagerageje kwiyamamariza kuyobora igihugu cya Uganda inshuro enye mu matora y’umukuru w’igihugu agatsindwa na perezida Yoweri Museveni, amaze igihe afunze kuva igihe yafatirwaga muri Kenya mu Ugushyingo kwa 2024, gusa nyuma yoherejwe  mu gihugu cye kugira ngo aburanishwe n’urukiko rwa gisirikare.

Icyemezo cy’urukiko rw’ikirenga mu kwezi gushize cyerekanye  ko kuburanisha abasivili mu nkiko za gisirikare binyuranyije n’itegeko nshinga, bityo rutegeka ko izo manza zose zigomba kwimurwa.

Iki cyemezo cyarakaje Perezida Museveni, wavuze ko ari “icyemezo kitari cyo”.

Ibyaha biregwa Besigye bishingiye ku birego ashinjwa byo gutegura gukura perezida Museveni ku butegetsi hakoreshejwe imbaraga.

Nk’uko bigaragara ku rupapuro rw’ibirego rwashyikirijwe urukiko, Besigye aregwa kuba yarakoze inama mu Busuwisi, mu Bugereki ndetse na Kenya hagati ya 2023 no mu Gushyingo umwaka ushize mu mugambi wo guhirika guverinoma.

Yaregwaga kandi gukusanya inkunga ya gisirikare, ndetse n’ibindi bikoresho byo guhirika ubutegetsi bwa Museveni.

Besigye yaregwanye na Bwana Lutale ndetse na  Denis  Oola, umusirikare mukuru mu gisirikare cy’igihugu.

Icyakora ibirego byabanje kuburanishwa mu rukiko rwa gisirikare byerekeye gutunga intwaro mu buryo butemewe no kugambanira igihugu ntibyashingiweho mu rubanza rw’uyu munsi.

Mu gihe cy’iburanisha, uwunganira Besigye yasabye urukiko gutegeka ko yimurirwa mu bitaro byiza biri hanze ya gereza ariko umucamanza Esther Nyadoi yanga icyo cyifuzo, avuga ko adashobora ubusabe nk’ubwo.

Umucamanza yategetse ko uregwa akomeza gufungwa by’agateganyo kugeza mu kwezi gutaha kugira ngo umushinjacyaha arangize iperereza.