Kuri uyu wa Kabiri, Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) wasabye Uganda, igihugu kigize uyu muryango w’ibihugu 56, kurekura umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi Kizza Besigye, ushimangira ko ifungwa rye rihonyora demokarasi n’uburenganzira bwa muntu.
Besigye, umaze igihe kinini anenga Perezida wa Uganda Yoweri Museveni, afunzwe azira gutunga imbunda mu buryo butemewe n’amategeko.
Besigye uri muri gereza, ari gukora imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara, ibyateje impungenge ku miryango mpuzamahanga.
Ni mugihe Perezida wa Uganda Yoweri Museveni agaragaza ko adatewe impungenge n’ubuzima bw’uyu munyapolitiki, kuko avuga ko imyigaragambyo ye yo kwiyicisha inzara ari uburyo bwo kwiyorobeka agamije gutera impuhwe kugira ngo afungurwe.
Besigye, umaze igihe kinini atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Museveni, akurikiranyweho n’urukiko rwa gisirikare, ibyaha birimo no gutunga imbunda mu buryo butemewe.
Iburanishwa rye n’ifungwa rye, byateje imidugararo mu baturage.
Mu cyumweru gishize, Besigye w’imyaka 68, yatangiye kwiyicisha inzara, ibyatumye anajyanwa mu bitaro igihe gito.
Mu itangazo ryasohowe n’Umunyamabanga mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, yavuze ko gufungwa kwa Besigye, umwunganizi we mu mategeko n’umufasha we, bigaragaza kubangamira “amahame ya demokarasi, uburenganzira bwa muntu n’iyubahirizwa ry’amategeko.”
Scotland yongeyeho ati “Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza, wahoze ufite umubano ushingiye ku kwizerana na Uganda kandi utegerezanyije amatsiko kugaruka kwa politiki idaheza kandi ishingiye kuri demokarasi ihuriweho n’amasezerano ya Commonwealth.”
Guverinoma ya Uganda iherutse guhakana ibirego ishinjwa byo guhohotera uburenganzira bwa muntu, ivuga ko gufata abantu no kubashyikiriza ubutabera bikorwa hakurikijwe amategeko.
Abanenga Museveni, wagiye ku butegetsi mu 1986, bavuga ko gufungwa kwa Besigye ari urugero ruheruka rwo gukaza ubutegetsi bw’igitugu mbere y’amatora azaba umwaka utaha, aho biteganijwe ko perezida azongera kwiyamamariza kongera koyobora iki gihugu.
