Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 2 Gicurasi 2025, urukiko rwo muri Tuniziya rwakatiye uwahoze ari Minisitiri w’Intebe, Bwana Ali Laarayedh, igifungo cy’imyaka 34 muri gereza, nyuma yo guhamwa n’ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba.
Ali Laarayedh, umwe mu bayobozi bakomeye mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya Ennahda, yashinjwe gufasha abarwanyi b’Abanyatuniziya kujya mu gihugu cya Siriya mu myaka yashize, aho bajyaga kwifatanya n’imitwe yitwaje intwaro.
Al Jazeera dukesha iyi nkuru ivuga ko urukiko rwamushinje kandi kugira uruhare mu ishingwa ry’imitwe y’iterabwoba no gufasha abantu kwifatanya n’iyo mitwe mu mahanga.
Nk’uko ibiro ntaramakuru bya Leta TAP bibitangaza, Ali Laarayedh yafunganwe n’abandi bantu umunani, igifungo cyabo kikaba kiri hagati y’imyaka 18 na 36. Urukiko ntirwigeze rutangaza imyirondoro yabo bantu bandi.
Uyu mwanzuro w’urukiko uje mu gihe ubutegetsi bwa Perezida Kais Saied bukomeje gushinjwa gutoteza abatavuga rumwe nabwo, aho abantu benshi barimo abanyapolitiki, abanyamakuru n’abaharanira uburenganzira bwa muntu bamaze gufungwa, abandi bagashyikirizwa inkiko ku byaha byibasira umutekano w’igihugu.
Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yanenze bikomeye uru rubanza, irwita “urubanza mpimbano”, ivuga ko rugamije gucecekesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi. Ishyaka Ennahda, rifitanye isano n’uwakatiwe, naryo ryamaganye uru rubanza, risaba ko urubanza rwakorwa mu mucyo, rishingiye ku butabera nyabwo.
Ali Laarayedh yari amaze igihe afunzwe kuko yatawe muri yombi mu mwaka wa 2022, aho yakomeje guhakana ibyaha ashinjwa, avuga ko atigeze na rimwe ashyigikira cyangwa yihanganira iterabwoba.
Laarayedh yavugiye mu rukiko mbere yo gufatirwa umwanzuro ati: “Nta gihe na kimwe nigeze nemera cyangwa nshyigikira iterabwoba. Ibi ni ibikorwa bya politiki bigamije kuncisha bugufi,”
Guverinoma ya Tuniziya yo ivuga ko izi manza zikorwa mu buryo bwigenga kandi zikurikirana abantu bakekwaho ibikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’igihugu. Ariko benshi mu bakurikiranira hafi politiki ya Tuniziya bavuga ko ibyo ari urwitwazo rwo kwikiza abatavuga rumwe n’ubutegetsi.
Ennahdha yayoboye iki gihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika mu gihe gito nyuma y’impinduramatwara ya rubanda yiswe Impeshyi y’Abarabu (Arab Spring).
Iyi myigaragambyo yatumye habaho impinduramarwara yatangiriye muri Tuniziya, aho umucuruzi w’imboga witwa Mohamed Bouazizi yitwitse kubera kwiheba yatewe n’akarengane k’ubutegetsi. Nyuma y’aho, imyigaragambyo y’abantu benshi yahise ikwira mu gihugu cyose mu mwaka wa 2011.
Icyakora Abanyatuniziya benshi bavuga ko nyuma y’icyo gihe habayeho demokarasi ariko ubu ikaba yaratakaye ku butegetsi bwa perezida uriho ubu.
Nyamara Perezida Saied niyemera ibyo anengwa imbere mu gihugu ndetse no hanze yacyo, ahubwo avuga ko ari mu rugamba rwo kurwanya”abagambanyi” ndetse n’”ivangirwa ry’amahanga mu gihugu ayoboye.”
