Amerika na Israel byagabye igitero kuri Irani

Israel ifatanyije na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, byagabye igitero kuri Irani mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu nk’uko byemejwe na Perezida Donald Trump ndetse na Minisitiri w’ingabo wa Israel, Israel Katz.

Trump yavuze ko ibikorwa bikomeye by’imirwano birimo kuba, nyuma y’uko Minisitiri Katz yatangaje ko igihugu cye cyagabye “igitero cyo kuburizamo” kuri Irani, mu gihe ingabo za Israel zivuga ko mu kwihimura Irani yarashe ibisasu bya misile ku butaka bwa Israel.

Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yashishikarije Abanya-Irani bo mu moko yose kwikuraho umutwaro w’igitugu no gushyiraho Irani irangwamo “ubwisanzure n’amahoro”.

Perezida Trump yabwiye Abanya-Irani ko “isaha y’ubwisanzure iri hafi”, abasaba “gufata ubutegetsi bwanyu”.

Amafoto agaragaza umwotsi uzamuka hejuru y’umurwa mukuru Tehran wa Irani, mu gihe ibiturika byumvikanye mu mijyi itanu itandukanye yo muri icyo gihugu.

Amerika imaze igihe yongera igitutu kuri leta ya Irani kugira ngo yemere amasezerano mashya kuri gahunda yayo ya nikleyeri. Ku wa gatanu, Trump yavuze ko atishimiye aho Irani ihagaze mu biganiro kuri nikleyeri.

Ibitangazamakuru byo mu mahanga akenshi byangirwa kujya gutara amakuru muri Irani, ibyo bikagabanya cyane ubushobozi bwabyo bwo kubona amakuru y’ibibera imbere muri icyo gihugu.

Benjamin Netanyahu yavuze ko ubutegetsi bwa Irani “ntibugomba kugira intwaro kirimbuzi za nikleyeri”

Mu itangazo yasohoye, Netanyahu yagize ati: “Bavandimwe, baturage ba Israel, mu kanya gato gashize, Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika twatangiye operasiyo yo gukuraho inkeke ku kubaho kwacu iterwa n’ubutegetsi bw’iterabwoba bwo muri Irani.

Yakomeje agira ati: “Nshimiye inshuti yacu ikomeye cyane, Perezida Donald Trump, ku bw’ubuyobozi bwe bwanditse amateka. Mu myaka 47, ubutegetsi bwa Ayatollah bwakomeje gutera hejuru ngo ‘Urupfu kuri Israel’, ‘Urupfu kuri Amerika’.’’

Netanyahu yashishikarije Abanya-Irani bo mu moko yose kwikuraho umutwaro w’igitugu no gushyiraho Irani irangwamo “ubwisanzure n’amahoro”.

Yinginze Abanya-Israel ngo bakomeze gukurikiza amabwiriza bahabwa n’ubuyobozi bukuru bw’ingabo, avuga ko “mu minsi iri imbere”, muri iyi operasiyo yiswe ‘’The Roar of the Lion’ (Umutontomo w’Intare), bizasaba kwihangana no gushikama.