OIP-1.jpg

Urubyiruko rwahuriye i Muhanga mu muganda wihariye

Kuri uyu wa 21 Kamena, urubyiruko rwo mu Karere ka Muhanga rwateraniye mu Murenge wa Shyogwe mu gikorwa cyo kwiyubakira Igihugu.

Uru rubyiruko rwakoze umuganda wihariye ngarukagihembwe, ndetse ruganirizwa ku mateka y’Igihugu.

Uyu muganda waranzwe no gucukura imirwanyasuri hagamijwe kubungabunga ikibaya cy’ubuhinzi buteye imbere cya Rugeramigozi.

Eric Gatore, umwe mu rubyiruko rwitabiriye umuganda, yavuze icyamuteye ishyaka ryo kuwitabira agira ati: “Hakozwe ubukangurambaga bwo kugira ngo tuze twiyubakire Igihugu nk’urubyiruko dufatanyije, numva ko atari jye wasigara.”

Cyuzuzo Gentilleusse umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’urubyiruko mu Karere ka Muhanga yagarutse ku mwihariko w’uyu muganda aho yagize ati: “Twaje guca imirwanyasuri kugira ngo igishanga cya Rugeramigozi kitazangirika igihe imvura izongerera kugwa kuko harimo ibihingwa bigiye bitandukanye.”

Cyuzuzo Gentilleusse ukuriye Inama y’Igihugu y’Urubyiruko i Muhanga

Yongeraho ko uyu muganda ari umusanzu w’urubyiruko, mu guhuza imbaraga  duhuza imbaraga mu gukora ibikorwa bifitiye igihugu akamaro, batarinze gutegereza tudategereje umuganda rusange uba buri kwezi.

Ibindi bikorwa byakozwe birimo guca amaterase y’indinganire, kubakira abatishoboye, gutera ibiti  n’ibindi byose bigamije gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage.

Bashingiye kuri ibi, urubyiruko rwo muri buri murenge ugize aka karere  rwagaragaje ko bafite intego yo kubaka inzu 12 mbere yuko ingengo y’imari y’uyu mwaka irangira.

Ngabo Brave Olivier  umunyamabanga wa Leta Uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi nawe yagize ati ”icyambere ni uko imikoro ngiro nk’iyi ngiyi iba ifitiye Igihugu akamaro.

Hagati aho, umuganda wabaye mu rwego rw’inama y’igihugu y’urubyiruko mu gihugu hose, aho urubyiruko rwakoze ibikorwa bitandukanye bitewe n’aho baherereye.

Ngabo Brave Olivier  , Umunyamabanga uhoraho muri MOYA

Nyuma y’umuganda, Kayitare Jaqueline Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga yaganirije urubyiruko ku mateka y’Igihugu aho yagize ati: “ Igihugu kidafite ubumwe, kidatekanye, gifite amacakubiri kirazima kandi kugira ngo dushobore guhangana n’ibyo ni uko tubitangirira ku bato kugira ngo tube twizeye ko n’ejo hazaza ntabizaba biriho.”

Meya w’akarere ka Muhanga aganiriza urubyiruko

hagamijwe iterambere rirambye, Meya Kayitare yagaye ababyeyi batabwiza abana ukuri amateka yaranze u Rwanda mu myaka 31 ishize . bityo asaba urubyiruko kwirinda,no kugira uruhare mu gukumira ingengabitekerezo ya Jenoside.

Umuganda wihariye w’urubyiruko ni igikorwa ngarukagihembwe kigamije guhuriza hamwe urubyiruko mu bikorwa by’umuganda, mu rwego rwo guteza imbere igihugu no kubaka ubumwe n’ubwitange mu rubyiruko

kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Inkuru z'ukwezi gushize

Ads