Ku cyumweru, tariki ya 26 Mutarama 2025, abashinzwe umutekano ndetse’abaturage bavuga ko abakekwaho kuba abarwanyi b’intagondwa za kisilamu bishe byibuze abasirikare 20 bo muri Nigeria, barimo n’umuyobozi mukuru, nyuma yo gutera ikigo cy’ingabo mu mujyi wa kure mu majyaruguru ya leta ya Borno.
Abarwanyi ba Boko Haram nabo muri Leta ya Kisilamu yo muri Afurika y’Iburengerazuba (ISWAP) bakunze gukora ibikorwa by’iterabwoba muri Borno, byibasira abashinzwe umutekano ndetse n’abasivili, muri ibyo bikorwa, bishe ndetse banimura ibihumbi by’abantu.
Igitero gishya giheruka kuba ku wa gatanu, ubwo abanyamuryango ba ISWAP bageraga ku modoka z’intambara bakagaba igitero kuri Batayo 149 y’ingabo mu mujyi wa Malam-Fatori, umujyi uri ku mupaka uhuza Nigeria na Niger, nk’uko abasirikare babiri n’abaturage babitangaje.
Umwe mu basirikare barokotse icyo gitero yatangarije ibiro ntaramakuru bya Reuters dukesha iyi nkuru ko ingabo za Nigeria zatunguwe nuko abo barwanyi “barashe amasasu ahantu hose”.
Uyu musirikare utemeye ko amazina atangazwa kubera ko adafite uburenganzira bwo kuvugana n’itangazamakuru, yagize ati: “Twagerageje cyane guhashya ibyo bitero, nyuma y’amasaha arenga atatu y’intambara y’amasasu, badutsinze, bica umusirikare mukuru wacu.”
Yavuze ko abasirikare 20 bahitanywe n’icyo gitero mu gihe abandi benshi bakomeretse. Umuvugizi w’ingabo za Nigeria ntiyahise asubiza ku busabe bwo kugira icyo avuga.
Abaturage bavuye muri uyu mujyi bavuze ko bamwe mu barwanyi bagaragaye muri Malam-Fatori mu ijoro ryo ku wa gatandatu.
Malakaka Bukar, umwe mu bagize umutwe w’abaturage washyizweho kugira ngo ufashe ingabo, yavuze ko abo barwanyi batwitse kandi inyubako, bituma bamwe mu baturage bahunga umujyi.
N’ubwo izi ntagondwa zaciwe intege n’ibitero bya gisirikare n’imirwano yo mu gihugu mu myaka yashize, abagize Boko Haram na ISWAP bakajije umurego mu bitero byabereye i Borno kuva umwaka watangira, bihitana abahinzi n’abarobyi benshi.
