OIP-1.jpg

Ibiciro ku masoko byazamutseho 7,3% muri Nzeri 2025 – NISR

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko ibiciro ku masoko mu Rwanda byazamutseho 7,3% muri Nzeri 2025 ugereranyije na Nzeri 2024. Iri zamuka ryiyongereye ugereranyije n’ukwezi kwabanje, Kanama 2025, aho ryari ku kigero cya 7,1%.

NISR ivuga ko iri zamuka ry’ibiciro ryatewe cyane cyane n’izamuka ry’ibiciro by’ibicuruzwa birimo ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byazamutseho 4,2%, ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 15%, ibyiciro by’inzu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibicanwa, byazamutseho 4,1%.

Hari kandi serivisi zijyanye n’ubuvuzi zagaragaje izamuka rikabije rya 71,1%, ubwikorezi bwo bwazamutseho 8,6%, mu gihe amafunguro n’icumbi byiyongereyeho 17,7%.

NISR yanagaragaje ko ugereranyije ibiciro bya Nzeri 2025 n’ibyo muri Nzeri 2024, ibiciro by’ibicuruzwa bitarimo ibiribwa n’ibikomoka ku ngufu byazamutseho 8,9%.

Ugereranyije n’ukwezi kwabanje, ni ukuvuga Kanama 2025, ibiciro byiyongereyeho 1,4%, ahanini bishingiye ku bikurikira ku bbiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byazamutseho 1,3%. Ibiciro by’inzu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibicanwa byiyongereyeho 1,9% n’ibijyanye n’uburezi bwazamutseho 11,5%.

Iri zamuka ry’ibiciro rishobora kugira ingaruka ku bushobozi bw’abaturage bwo kubona ibicuruzwa n’ibikoresho by’ibanze, cyane cyane ku miryango ifite ubushobozi buke bwo guhaha.

kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Inkuru z'ukwezi gushize

Ads