Uburusiya bwiyemeje kwihorera nyuma yo kuvuga ko bwarashe misile umunani za ATACMS zakozwe na Amerika zarashwe na Ukraine mu gitondo cyo ku wa Gatandatu.
Moscou ibona ikoreshwa rya misile nk’izi zifite intera igera ku birometero 300 (kilometero 186), nk’izamuka rikomeye.
Minisiteri y’ingabo Muburusiya yavuze ko uretse guhanura izi misile, hanangijwe indege zitagira abapilote 72 (UAV).
Gusa ngo icyo u Burusiya buteganya ni ukwihorera ku butegetsi bwa Ukraine n’ibihugu by’Ibirengerazuba muri rusange.
Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerik,a Joe Biden ucyuye igihe yemeje ko Kyiv yakoresheje ATACMS mu Ugushyingo 2024, mu rwego rwo gusubiza Uburusiya bwaguye amakimbirane ubwo bwahitagamo kwifashisha ingabo zo muri Koreya ya Ruguru.
Perezida w’Uburusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko azihorera ku bitero bya Ukraine yakoresheje ATACMS akoresheje misile nshya yo mu Burusiya ifite ibisasu bya kirimbuzi “Oreshnik.”
Mu kwezi gushize, Putin yavuze ko iyo missile ishobora kuraswa ku murwa mukuru Kyiv mu rwego rwo kugerageza uburyo bwo kurinda ikirere butangwa n’uburengerazuba.
Hagati aho, Uburusiya bwatangije ibitero by’indege zitagira abadereva 81 muri Ukraine ijoro ryose ku wa gatanu kugeza ku wa Gatandatu. Ni ibyatangajwe n’ubuyobozi bw’ingabo zirwanira mu kirere muri Ukraine. Ngo muri izi ndege harimo n’izakozwe na Irani.













