OIP-1.jpg

Turikiya: 4 bamaze guhitanwa n’igitero cy’iterabwoba

Abantu bane bishwe abandi 14 barakomereka mu gitero cy’iterabwoba cyagabwe ahakorera icyicaro gikuru cy’ikigo cya Turikiya gikora ibyubwirinzi bwo mu kirere, TUSAS hafi y’umurwa mukuru Ankara, nk’uko minisitiri w’umutekano imbere mu gihugu yabitangaje.

Ibitangazamakuru byo muri icyo gihugu byatangaje ko urusaku rw’amasasu menshi rwumvikanye nyuma yuko abashinzwe umutekano muri Turkiya binjiye muri icyo cyigo.

“Twagize abantu bane baguye mu gitero n’abandi 14 bakirokotse,” Perezida Recep Tayyip Erdogan yabivuze mu nama yagiranye na Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin mugihe ari muri icyo gihugu ahari kubera inama ya BRICS.

Yongeyeho ati: “Ndamagana iki gitero cy’iterabwoba kandi nsabira abahitanwe nacyo.”

Perezida  Putin, uyoboye inama y’abakuru b’ibihugu bibarizwa  mu muryango wa  BRICS yihanganishije mu genzi we ndetse n’ababuze ababo.

Minisitiri w’umutekano imbere mu gihugu, Ali Yerlikaya yavuze ko babiri mu bakoze iki gitero bahise bicwa. Ndetse ko batatu mu barokotse 14, bameze nabi.

Amashusho ya CCTV yahabereye igitero yagaragaje umugabo wambaye imyenda isanzwe  afite igikapu n’imbunda ndende mu ntoki.

Amashusho kandi yagaragaje n’umugore umwe, nawe warufite imbunda ko yari mu bagabye igitero.

Umuyobozi wa NATO, Mark Rutte, yanditse ku rubuga rwa X. Ati: “NATO yifatanyije  n’umunyamuryango wacu Turukiya. Twamaganye byimazeyo iterabwoba aho riva rikagera kandi turi kurikiranira hafi”.

TUSAS ni kimwe mu bigo bya Turikiya bikomeye bikora ibyo ubwirinzi bwo mu kirere. Kizwiho gukora indege yitwa KAAN, imwe mu za mbere z’intambara ndetse n’indege za gisivili n’ibindi bikoresho by’umutekano muri iki gihugu.

kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Inkuru z'ukwezi gushize

Ads