Ikipe ya Rayon Sports yongeye gutuma abafana bamwenyura nyuma yo gutsinda Rutsiro FC ibitego 3-1, mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda (Rwanda Premier League, RPL).
Uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 18 Ukwakira 2025.
Rayon Sports yari imaze imikino ine idatsinda mu marushanwa yose, yinjiyemu mukino ifite inyota yo kubona amanota atatu, kuko ku munota wa kabiri gusa w’umukino, rutahizamu Tambwe Gloire Ngonga yari amaze gufungura amazamu atsindira Rayon Sports igitego cya mbere, bituma abafana baRayon Sports batangira kwizera intsinzi.
Nyamara ibyishimo byabo ntibyatinze kuko ku munota wa munani, Mumbele Markidogo yishyuriye Rutsiro FC igitego cyiza, cyaje gutuma umukino usubira bubisi..
Rayon Sports yakomeje gusatira ari na ko ishaka igitego cya kabiri, maze ku munota wa 42 Bigirimana Abedi atsindira igitego cya kabiri Rayon Sports. Igice cya mbere cyarangiye iyi kipe itazirwa Gikundiro iyoboye n’ibitego 2-1.
Mu gice cya kabiri, amakipe yombi yakinnye umukino ufunganye, buri ruhande rushaka igitego. Rayon Sports yabonye penaliti ishobora kuba yari gutuma biyorohera kurushaho, ariko Bigirimana Abedi ayiteye umunyezamu wa Rutsiro ayikuramo.
Bitewe n’umuvuduko umukino wari ufite, ku munota wa 90 w’umukino, rutahizamu Aziz Bassanne yatsinze igitego cya gatatu cyashimangiye intsinzi ya Rayon Sports.
Iyi ntsinzi ya kabiri ya Rayon Sports muri iyi shampiyona yatumye izamuka ku mwanya wa kabiri n’amanota 7 mu mikino 4. Ku rundi ruhande, Rutsiro FC igumye ku mwanya wa nyuma (uwa 16) nta nota na rimwe mu mikino ine imaze gukina.
Rayon Sports izasubira mu kibuga ku wa Gatandatu, tariki ya 24 Ukwakira 2025 yakira Amagaju FC, mugihe Rutsiro FC yo izasura Musanze FC ku wa 25 Ukwakira 2025.


Umwanditsi: Ibyamana Cofi
