OIP-1.jpg

Mutharika wayoboye Malawi arashaka kugaruka ku butegetsi

Kuri uyu wa 18 Kanama 2024 ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Malawi, Democratic Progress Party, ryashyigikiye uwahoze ari Perezida Peter Mutharika, w’imyaka 84, ngo abe umukandida waryo ku mwanya w’umukuru w’Igihugu mu matora yo mu 2025.

Mutharika, wayoboye igihugu kuva mu 2014 kugeza mu 2020, azahatana na Perezida uriho ubu, Lazarus Chakwera, ushaka manda ya kabiri.

Si ubwa mbere aba bagabo hazaba bahataniye umwanya w’umukuru w’Igihugu kuko amatora yabaye muri 2019 yasize Mutharika atsinze, gusa ibyavuye mu matora byateshejwe agaciro n’ urukiko rukuru rw’igihugu bituma amatora asubirwamo asubirwamo muri Kanama 2020.

Icyo gihe byarangiye Lazarus Chakwera atsinze amatora.

Mu ijambo yagejeje ku banyamuryango ba Democratic Progress Party nyuma yo gutangazwa nk’uzahagararira ishyaka mu matora, yavuze ko ibyo ashyize imbere ari ugukemura ibibazo by’ubukungu mu gihe azaba atowe.

Ati “Nzazahura ubukungu bwazahajwe nibura ry’amadovize bigateza ikibazo cyo kubura kwa peterori n’imiti.”

Mutharika, wigeze kuba umwarimu w’amategeko, yayoboye ibikorwa byo guteza imbere ibikorwaremezo no kugabanya izamuka ry’ibiciro mu gihe cy’ubutegetsi bwe, ariko hari abamunenga bamushinja ruswa.

Ibiro by’Igihugu bishinzwe kurwanya ruswa (ACB) bya Malawi muri Kanama 2020 byafunze konti za banki bwite za Mutharika n’umugore we, Gertrude, mu iperereza rigamije kumenya uruhare rwe mu kurigitisha sima za miliyoni 6.6 z’amadorali. Ibintu Mutharika yavuze ko ari ukumugendaho.

kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Inkuru z'ukwezi gushize

Ads