Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 9 Nzeri 2024, miliyoni 17 z’abaturage ba Mozambique zazindukiye mu matora rusange y’umukuru w’igihugu ashobora guha intsinzi ishyaka ‘Frelimo’ risanzwe riri ku butegetsi kuba iki gihugu cyabona ubwigenge mu 1975.
Kuri ubu Ishyaka rya Frelimo rifite amahirwe menshi yo kwegukana instinzi, rihagarariwe n’umukandida witwa Daniel Chapo.
Muri Gicurasi 2024, Daniel Chapo, usanzwe ari guverineri w’imwe mu ntara 11 zigize Mozambique, nibwo yatoranijwe nk’umukandida uhagarariye Frelimo mu matora y’umukuru w’igihugu kugira ngo asimbure Perezida Filipe Nyusi ucyuye igihe nyuma y’imyaka umunani ari ku butegetsi.
Abasesenguzi bavuga ko Daniel Chapo, ukiri mushya muri politiki afite amahirwe yo gutsinda amatora kubera ko aturuka mu ishyaka rikomeye kandi risanzwe riri ku butegetsi.
Chapo w’imyaka 47, yinjiye muri politiki muri 2011 ariko ntibyabujije ko ariwe watoranyijwe ngo ahagaririre ishyaka rya Frelimo muri Gicurasi 2024.
Nyuma yo kuba guverineri w’intara ihereye mu majyepfo y’umujyi wa Inhambane, uyu munyapolitike avuga ko uburambe afite mu kuyobora bumuha amahirwe kurenza abo bahanganye.
Mu byumweru bitandatu by’ibikorwa byo kwiyamamaza byafunzwe ku cyumweru tariki ya 6 Ukwakira 2024, Chapo yitandukanije n’ishusho ya ruswa yaranze cyane Frelimo, anasezeranya ko amahoro azagaruka mu ntara ya Cabo Delgado yibasiwe n’intambara imaze imyaka.
Abandi bakandida ku mwanya wa perezida, barimo Ossufo Momade w’imyaka 60, akaba umuyobozi w’ishyaka rya Renamo ritavuga rumwe n’ubutegetsi.
Iri shyaka rifite imyanya 60 gusa kuri 250 igize Inteko Ishinga Amategeko.
Momade yahatanye mu matora yo mu 2019, ariko abona amajwi 21% gusa, ugereranije na 73% bya Perezida Nyusi. Momade icyo gihe ntiyemeye ibyavuye mu matora kuko yavuze ko harimo uburiganya.
Abayobozi ba Renamo kandi bamaganye amatora y’amakomine mu Ukwakira 2023 nyuma yuko Frelimo yatsinze hafi ya komine zose.
Undi mu kandida ni Venancio Mondlane w’imyaka 50. Mondlane ni umukandida wigenga ariko kandi ashyigikiwe na Democratic Alliance Coalition (CAD), ihuriro ry’imitwe icyenda ya politiki, ndetse akaba anashyigikiwe cyane n’urubyiruko.
Ku mbuga nkoranyambaga, benshi mu rubyiruko rwo muri Mozambike bavuga ko Mondlane ariwe wenyine ushobora kuzana impinduka mu gihugu.
Kimwe na bagenzi be, Mondlane yasezeranyije guhagarika intambara muri Cabo Delgado, guhanga imirimo no kunoza gahunda z’ubuzima.
Lutero Simango w’imyaka 64 nawe ni undi mu kandida ku mwanya wa perezida, akaba ahagarariye ishyaka rya gatatu rikomeye muri Mozambique rya Democratic Movement of Mozambique (MDM).
Mu byo Simango yasezeranyije Abatuye Mozambique natorerwa kuba perezida, birimo kubaka inganda zo guhanga imirimo myinshi ku rubyiruko. Yanavuze ko umutungo kamere nk’ibiti bizajya bitunganyirizwa mu gihugu, aho koherezwa mu mahanga.
Usibye gutora perezida mushya, abatora baranahitamo abadepite 250, ba guverineri b’intara n’abayobozi muri zimwe mu ntara 11 zigize Mozambique.













