OIP-1.jpg

Koreya y’Epfo: Abadepite batoreye kweguza perezida w’agateganyo Han Duck-soo

Kuri uyu wa Gatanu, Inteko Ishinga Amategeko ya Koreya y’Epfo yatoreye umwanzuro wo kweguza uwari wagizwe perezida w’agateganyo Han Duck-soo.

Abadepite 192 bose batoreye ko bashyigikiye kweguza Han, akaba ari umubare uruta 151 w’abadepite baribakenewe kugira ngo itegeko ribe ryashyirwa mu bikorwa.

Inteko yo muri Koreya y’Epfo yafashe iki cyemezo mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri yambuye Perezida Yoon Suk Yeol ububasha bwo kuyobora igihugu kubera gushyiraho itegeko ry’ibihe bidasanzwe ku itariki ya 3 Ukuboza 2024. Ni itegeko ryamaze igihe gito ariko riteza akaduruvayo mu gihugu bituma inteko imutakariza icyizere.

Inteko imaze kumutakariza icyizere yahise imusimbuza Han wari usanzwe ari Minisitiri w’Intebe.

Han yagombaga kuyobora igihugu akagikura muri ibi bihe bikomeye bya politiki, ariko abadepite batavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko yanze icyifuzo cyo kurangiza burundu ivanwa ku butegetse kwa Yoon.

Abadepite bo mu ishyaka rya rubanda riri ku butegetsi rya Yoon na Han (PPP) bigaragambije nyuma y’uko umuvugizi w’inteko ishinga amategeko, Woo Won-shik, atangaje ko hazakenerwa amajwi 151 gusa kugira ngo hemezwe umushinga w’itegeko ryo kweguza perezida w’agateganyo.

Biteganyijwe ko Han azahagarikwa ku nshingano ze igihe cyose azaba amaze kubimenyeshwa ku mugaragaro n’inteko ishinga amategeko.

Kimwe na Yoon, iyeguzwa rya Han rizakenera kwemezwa n’Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga. Uru rukiko rufite iminsi 180 yo kwemeza niba uku kweguzwa gukwiye.

Nyuma y’icyo cyemezo, Han yagize ati “Ndubaha icyemezo cy’Inteko Ishinga Amategeko,” ariko yongeraho ko azategereza icyemezo cy’Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga.

Ku wa Kane tariki ya 26 Ukuboza,  nibwo abatavuga rumwe n’ubutegetsi batanze icyifuzo cyo kweguza Han nyuma yo guhagarika ishyirwaho ry’abacamanza batatu batoranyijwe n’Inteko Ishinga Amategeko kugira ngo bakurikirane urubanza rwa Yoon.

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga rwa Koreya y’Epfo rusanzwe rugizwe n’abacamanza icyenda.

Nibura abacamanza batandatu bagomba gushyigikira ubweguzwe bwa Yoon kugira ngo icyemezo cyemezwe.

Muri iki gihe, hari abacamanza batandatu gusa muri uru rukiko, bisobanuye ko kwangwa n’umwe gusa byatuma Yoon adakurwa ku mirimo ye ya perezida.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari bizeye ko abandi bacamanza batatu bazatorwa, bazafasha mu guhangana na Yoon.

Minisitiri w’imari Choi Sang-mok yiteguye gusimbura Han nka perezida w’agateganyo.

kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Inkuru z'ukwezi gushize

Ads