OIP-1.jpg

Isiraheli yongeye kugaba ibitero kuri Gaza

Mu ijoro ryo kuwa gatandatu rishyira iki cyumweru cy’italiki 04 Kanama2024, Ingabo za Isiraheli zateye ibisasu ku mahema yabagamo Abanyapalestine bimuwe mu gikari cy’ibitaro by’abahowe Imana bya Al-Aqsa i Deir el-Balah muri Gaza, bihitana abantu batatu abandi 18 barakomereka. Iki gitero cyabaye nyuma y’amasaha make ikindi gitero kigabwe ku ishuri ry’Umujyi wa Gaza ryari ryaragizwe ubuhungiro kigahitana abantu 17.

Ubufaransa bwifatanije na Leta zunze ubumwe za Amerika n’Ubwongereza mu gusaba abaturage kuva muri Libani. Ibihugu birenga 12 byatanze inama zo kugabanya ingendo zerekeza muri aka karere k’uburasirazuba bwo hagati kugarijwe n’intambara z’urudaca ahanini zihanganishije Isiraheli na Hamas.

Ni mu gihe kandi Hamas avuga ko yatangiye inzira nyunguranabitekerezo yo guhitamo umuyobozi mushya nyuma y’iyicwa ry’umuyobozi mukuru wa politiki Ismail Haniyeh wiciwe i Tehran.

Ingabo z’abasirikare barinda impinduramatwara ya kisilamu muri Irani (IRGC) zivuga ko Haniyeh yishwe n’igisasu cyatewe mu buryo bwateguwe zikavuga kandi ko izahabwa igihano gikaze mu gihe gikwiye kubera iyicwa ry’umuyobozi wa Hamas.

Mu itangazo ryasohowe kuri uyu wa Gatandatu, Itsinda ry’ingabo z’abasirikare barinda impinduramatwara ya kisilamu muri Irani ryavuze ko hashingiwe ku iperereza rimaze gukorwa, igitero cyagabwe kuri Haniyeh cyakozwe hifashishijwe igisasu giturika gifite ibiro hafi 7 cyarashwe kivuye hanze y’aho abashyitsi bari bacumbitse mu gihe bari bitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida mushya wa Iran.

Mu mibare, iyi ntambara ihanganishije Isiraheli na Gaza imaze kugwamo abantu 39,583 igakomeretsa abandi 91,398 mu gihe cy’amezi 9 gusa

kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Inkuru z'ukwezi gushize

Ads