Abakunzi b’umukino w’amaboko wa Basketball mu Rwanda bakomeje gucika ururondogoro kubera ubutumwa bwa Klay Thompson, igihangange muri Shampiyona ya mbere ku isi muri Basketball (NBA).
Ubutumwa Thompson yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram bwagiraga buti ‘“Ndakubona Murekatete Bella komeza uyobore. Umunyabigwi wa Cougars (ikipe akinamo).”
Ni ubutumwa bwanditswe na Thompson nyuma y’uko mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki ya 19 Kanama 2024 muri BK Arena, u Rwanda rwatsinze Lebanon amanota 80-62 mu mukino wa mbere mu yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi.

Muri uyu mukino, Murekatete ni we watsinze amanota menshi angana na 24 anakora ‘rebound’ 7.
Nyuma y’umukino gato, nibwo Klay Thompson wamamaye muri Golden State Warriors ariko uherutse kwerekeza muri Dallas Mavericks, yacyeje Murekatete abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram.
Kuri ubu urukuta rwe rwa Instagram rukurikirwa n’abarenga milliyoni 17 bitewe n’uko Thompson ari umwe mu bakinnyi bakomeye cyane muri NBA kuko yayegukanye inshuro enye ari kumwe na Golden State Warriors.

Ni umukinnyi kandi uri ku mwanya wa gatandatu mu bamaze gutsinda amanota atatu menshi mu mateka ya NBA, aho kugeza ubu afite amanota 2481.
Kimwe na Murekatete, Thompson na we yazamukiye mu ikipe ya Washington State Cougars Basketball, aho muri 2020 iyi kipe yabitse burundu nimero imwe yambaraga.
Bimwe kubyo wamenya kuri Murekatete Bella

Murekatete ni umwe bakiniye bwa mbere ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu bagore.
Yaciye uduhigo twinshi muri iyi kipe ye kuko yabashije kuba umukinnyi wa mbere mu mateka wakoze rebound nyinshi (990), block nyinshi (188), wakinnye imikino myinshi (153) ndetse wanabanje mu kibuga inshuro nyinshi (145).
Muri rusange, amaze gutsindira Washington State Cougars Women’s Basketball amanota 1552 bimushyira ku mwanya wa gatanu mu bamaze gutsindira iyi kipe amanota menshi mu mateka yayo.
Ibi yagezeho ni bimwe mu byatumye ashyirwa mu bakinnye umukino w’intoranwa muri Shampiyona ihuza kaminuza zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Women’s College All Star Game).













