OIP-1.jpg

Ibyo wamenya mbere y’umukino uri buhuze Rayon Sports na Mukura VS

Kuri uyu wa 11 Mutarama 2025, kuri Sitade ya Huye harabera umukino ukomeye uhuza Mukura VS yakira Rayon sports mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda(RPL), ni umukino utegerejwe saa kumi n’imwe z’umugoroba.
Aya makipe agiye gucakirana ahagaze neza muri shampiyona kuko Rayon Sports iyoboye urutonde n’amanota 36 naho Mukura VS ikaba ku mwanya wa munani n’amanota 18.
Ikipe ya Rayon Sports ntiratsindwa umukino n’umwe kuva shampiyona yatangira kuko mu mikino 14 imaze gukina yatsinze 11 inganya imikino itatu nta mukino numwe iratakaza, naho Mukura bagiye guhangana mu mikino 14 yakinnye yatsinze 4, inganya 6, itsindwa 4.
Mu mikino itanu iheruka guhuza izi kipe Mukura VS yatsinze umwe Rayon Sports itsinda ibiri banganya imikino ibiri.
Kugeza ubu Rayon Sports ni yo ihabwa amahirwe yo kuza kwegukana amanota atatu kuri uyu mukino bitewe n’uko yitwaye mu mikino iheruka.
Abasifuzi bari buyobore uyu mukino mu kibuga hagati ni Mulindangabo Moise kuruhande hari Mugabo Eric na Habumugisha Emmauel.
Umusifuzi wa kane ni Ngabonziza Jean Paul naho Komiseri w’umukino akaba ari Sekamana Abdoulkhalim.
Abatoza b’amakipe yombi batangaje byinshi mbere yuko umukino ukinwa ndetse n’intego bafite kuri uyu munsi wa 15 wa shampiyona ari na wo usoza igice cya mbere cyayo.
Mu kiganiro Robertinho umutoza wa Rayon Sports yagiranye n’itangazamakuru mu myitozo iyi kipe iheruka gukora yagize ati:” Ntegura ikipe yanjye nkurikije uwo dukina, intego ni ukudatakaza umukino n’umwe harimo n’iya gicuti.”
Naho LOTFI Afahmia umutoza w’ikipe ya Mukura VS nawe yagize ibyo atangaza agira ati:” Ntitwifuza kuzakina duhanganye n’abafana ba Rayon Sports muri sitade yacu. Twiteguye neza umukino w’ibirori duhanganye n’uyoboye shampiyona.”
Ni umukino kandi wakaniwe ku mpande zose n’abafana kuko aya makipe yose akomoka muri iyi ntara y’amajyepfo n’ubwo Rayon Sports isigaye ibarizwa mu mujyi wa Kigali.
Rayon Sports itsinze uyu mukino byayihesha gusoza igice cya mbere iyoboye ndetse idatsinzwe umukino numwe bikazayihesha kugaruka mu gice cya kabiri cya shampiyona ihagaze neza.
Kuri iyi state kandi, ejo hateganyijwe ibindi birori aho Amagaju azakira APR FC. Ikipe y’ingabo z’igihugu, APR irasabwa gutsinda uyu mukino kugira ngo ikomeze kugabanya ikinyuranyo cy’amanota Ari hagati yayo na Rayon Sports.
Kugeza ubu ku rutonde rwa Shampiyona Rayon ni iya mbere APR FC ikaza kumwa mwanya wa kabiri n’amanota 31, bivuze ko mucyeba ayirusha amanota atanu AS Kigali ni iya gatatu n’amanota 26, Police FC niya kane ifite 23
Igice cya mbere cya Shampiyona Kandi gisize Vision FC Ku mwanya wa 15 n’amanota 12 naho Kiyovu Sportsiri Ku mwanya wa 16 arinayo ya nyuma n’amanota 12.

kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Inkuru z'ukwezi gushize

Ads