OIP-1.jpg

Benin: Abakekwaho guhirika ubutegetsi batawe muri yombi

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 25 Nzeri 2024, Umushinjacyaha wa Leta ya Bénin yavuze ko abagabo batatu, barimo uwahoze ari Minisitiri wa Siporo ndetse n’Umuyobozi ushinzwe umutekano wa Perezida Patrice Talon, batawe muri yombi bakekwaho gutegura umugambi wo guhirika ubutegetsi.

Hafunzwe kandi umucuruzi, Olivier Boko, wari usanzwe ari inshuti y’akadasohoka ya Perezida Talon, wari uherutse kwerekana ko afite intego zo kujya muri politiki.

Umushinjacyaha wihariye mu rukiko rwa Benin ku byaha by’amafaranga n’iterabwoba, Elonm Mario Metonou yatangarije abanyamakuru ko uwahoze ari Minisitiri wa Siporo witwa Oswald Homeky yafashwe ku wa kabiri ubwo yashyikirizaga ibikapu bitandatu birimo amafaranga umuyobozi w’ingabo zirinda umukuru w’igihugu.

Uyu mushinjacyaha kandi yavuze ko guhirika ubutegetsi byari biteganijwe kuri uyu wa Gatanu.

Yagize ati “Bigaragara ko umuyobozi w’ingabo zirinda umukuru w’igihugu yasezeranye na Minisitiri Oswald Homeky na Olivier Boko mu rwego rwo gukora igitero gihirika perizida ku ya 27 Nzeri 2024.”

Urukiko rwavuze ko Homeky yafashwe mu ma saa tanu za mugitondo zo ku wa Kabiri ubwo yatangaga ibikapu bitandatu by’amafaranga angana na miliyari imwe n’igice yama CFA kuri, Col. Djimon Dieudonne Tevoedjre, umuyobozi w’ingabo zirinda perizida.

Urukiko kandi rwavuze ko Boko uzwi nk’inshuti magara ya Perezida Patrice Talon, yatawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa mbere mu murwa mukuru w’ubucuruzi wa Benin, Cotonou.

Mu minsi ishize yari yatangiye kwerekana ko aziyamamariza umwanya wa perezida mu matora ya 2026, igihe manda ya kabiri ya Talon izaba irangiye.

Abanyamategeko ba Boko n’abamushyigikiye bamaganye icyo bise “ishimutwa” basaba ko yarekurwa bidatinze.

Muri 2023, Homeky yeguye ku nshingano zo kuba Minisitiri wa Siporo nyuma yo kwemerera ubufasha Boko wifuzaga gusimbura Talon ku butegetsi.

Umushinjacyaha yavuze ko iperereza rigikomeje kugira ngo hamenyekane n’abandi bakekwa mu gucura uyu mugambi wo guhirika umukuru w’igihugu.

Perezida Talon yatangaje ko ataziyamamariza manda ya gatatu mu matora y’umukuru w’igihugu yo muri 2026.

Perizida Talon yavuze ko ataziyamamariza manda ya gatatu mu matora ya 2026

Kuva muri 2020 habaye ibikorwa bya gisirikare umunani hamwe n’ibindi byinshi bigamije guhirika ubutegetsi mu bihugu byo muri Afurika y’iburengerazuba no hagati.

kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Inkuru z'ukwezi gushize

Ads