Basketball: U Rwanda mu myiteguro yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika2025

Mu rwego rwo kwitegura imikino yo gushaka itike y’imikino y’igikombe cy’afurika cyo muri 2025, Ikipe y’Igihugu ya Basketball izakina n’iya Sudani y’Epfo na Mali mu mikino ya gicuti.

Ni imikino iteganyijwe hagati ya tariki ya 19 na 20 Ugushyingo 2024, aho abakinnyi barimo William Robeyns, Kenny Manzi, Dieudonné Ndizeye, Steven Hagumintwari, Prince Muhizi, Cadeaux de Dieu Furaha, Emile Galois Kazeneza, Bruno Shema, Osborn Shema, Noah Bigirumwami, Antino Jackson Jr, Alexandre Aerts, na Jean Jacques Wilson Nshobozwabyosenumukiza.

Aba bakinnyi bakomeje umwiherero watangiye tariki ya 1 Ugushyingo 2024. Muri uyu mwiherero bari kumwe n’umutoza mukuru, Dr. Cheikh Sarr, Murenzi Yves na Kenneth Gasana.

Umutoza Cheikh Sarr

Sudani y’Epfo izakina umukino wa gicuti n’u Rwanda, iherutse mu mikino ya Olempike yabereye i Paris muri Nyakanga 2024.

Kuri ubu, Sudani y’Epfo iri ku mwanya wa 33 ku Isi, ikaba ku mwanya wa 1 ku mugabane wa Afurika ku rutonde rw’Ishyirahamwe rya Basketball ku Isi (FIBA).

Ni mu gihe Mali iri ku mwanya wa 87 ku Isi no ku mwanya wa 14 muri Afurika, aho ikurikirana n’u Rwanda rwa 15 muri Afrika na 92 ku Isi.

Irushanwa nyir’izina ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Senegal, riteganyijwe hagati ya tariki 22 na 24 Ugushyingo 2024.

Mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika, u Rwanda ruri mu itsinda rya gatatu hamwe na Sénégal, Cameroun na Gabon.

Ni amakipe atoroshye kuko Senegal iri ku mwanya wa 8 muri Afurika no ku mwanya wa 47 ku Isi, Cameron ikaba ku mwanya wa 9 muri Afurika na 64 ku Isi, mu gihe Gabon yo iri ku mwanya wa 27 muri Afurika no ku mwanya w’135 ku isi. 

Mu mukino ubanza, u Rwanda ruzahura na Senegal tariki ya 22 Ugushyingo, rwongere gukina tariki 23 ruhura na Cameroon mu gihe tariki ya 24 ruzakina na Gabon.