OIP-1.jpg

APR FC igiye kongera gutangira urugendo rutakunze kuyihira

Kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Kanama 2024 nibwo APR FC yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Tanzaniya aho yagiye gukina na AZAM SC mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ‘CAF Champions’ League.’

Ni umukino uteganyijwe kuri iki cyumweru tariki ya 18 Kanama 2024, saa 17:00.

Ikipe y’Ingabo z’igihugu yemerewe kwitabira iyi mikino nyuma yo gutwara igikombe cya shampiyona y’u Rwanda yo mu mwaka w’imikino 2023-2024.

Mu gutegura iyi mikino APR FC yakinnye imikino itandukanye ya gicuti ndetse yitabira n’irushanwa rya CECAFA yatsindiwemo ku mukino wa nyuma na ‘RED Arrows kuri penaliti 10-9. Ibi byatumye yegukana umwanya wa kabiri muri iri rushanwa.

Uretse kwitegura mu buryo bwo gukina imikino ya gicuti, APR yaraniyubatse mu kugura abakinnyi kuko yaguze abarimo Richmond Lamptey ukomoka muri Ghana, Mamadou Lamine Bah ukomoka muri Mali wakiniraga Olympique Béja yo muri Tunisie, Seidu Dauda Yassif ukina hagati mu kibuga yugarira, myugariro Aliou Souané bakuye muri Sénégal, rutahizamu Mamadou Sy ukomoka muri Mauritanie ndetse n’ Abanya-Nigeria, Chidiebere Johnson Nwobodo na Odibo Godwin.

Si abo gusa iyi kipe yaguze ahubwo yongeyemo abandi bakinnyi b’abanyarwanda barimo TUYISENGE Arsene wavuye muri Rayon Sports, MUGIRANEZA Frouduard wavuye muri Kiyovu na BYIRINGIRO Gilbert bakuye muri Marines FC.

Bongeyemo kandi Umuzamu w’Ikipe y’igihugu y’abato, Ivan RUHAMYANKIKO. Aba bakinnyi bazatozwa n’Umunya-Serbia Darko Novic watoje US Monastir yo muri Tunisia.

Gusa kuri iyi nshuro APR FC yahagurukanye urutonde rwabakinnyi batarimo KITONDA Ale (bacca), kategeya, piccu, Apama songwe.

Nubwo APR FC itangiye urugendo rwo kongera guhatanira igikombe cya ‘CAF Champions’ League’ imyitwarire yayo muri iri rushanwa ntiyakunze kuba myiza by’umwihariko mu myaka icumi ishize kuko nta na rimwe yigeze igera mu matsinda.

Muri 2015 APR FC yasezerewe na Al Hilal yo mu Misiri, muri 2016 isezererwa na Yanga Africa yo muri Tanzania ari nabwo yaherukaga guhura n’ikipe yo muri Tanzaniya muri aya marushanwa, muri 2017 ikurwamo na Zanaco FC yo muri Zambia, muri 2018 ikuzwamo na Club Africa yo muri Tuniziya.

Muri 2019, APR FC ntiyabashije kubona itike yo gusohokera iguhugu mu mikino Nyafurika.

Muri 2020 APR FC yongeye gusohokera u Rwanda gusa isezererwa na Gor mahia yo muri Kenya, muri 2021 APR FC isezererwa na ES Sahel, muri 2022 isezererwa na US Monastir yo muri Tuniziya mu gihe mu mwaka ushize wa 2023 APR FC yasezerewe na PYRAMID yo mu Misiri.  

Muri iyi myaka yose, APR ntiyabashije kurenga amajonjora.

kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Inkuru z'ukwezi gushize

Ads