OIP-1.jpg

Abakize Marburg barasabwa kwitwararika mu gukora Imibonano mpuzabitsina

Mu kiganiro Minisiteri y’ubuzima yagiranye n’itangazamakuru ndetse n’imiryango itari iya Leta kuri uyu wa Mbere, tariki ya 4 Ugushyingo 2024, Minisitri w’ubuzima, Dr. Nsanzimana Sabin yasabye abakize virus ya Murburg kwitwararika mu gukora imibonano mpuzabitsina.

Iki kiganiro cyari kigamije kugaragaza ishusho y’uko indwara iterwa na virus ya Marbug ihagaze mu Rwanda ndetse n’ibimaze gukorwa mu guhangana nayo.

Muri iki kiganiro, Dr. Sabin Sanzimana yavuze ko, ku bantu bakize indwara ya Marburg hari ibice by’umubiri bimwe na bimwe bisigaramo iyi virusi nko mu jisho, amashereka no mu masohoro n’ubwo iba itakigaragara mu bipimo by’amaraso.

Yakomeje avuga ko abayikize bashobora kuyanduza abandi binyuze mu mibonano mpuzabitsina, anabagira inama yo kudakora imibonano mpusabitsina idakingiye. Ati: ‘’Ni yo mpamvu bagirwa inama yo kwitwararika no kudakora imibonano mpuzabitsina idakingiye mugihe ibipimo bitaragaragaza ko yashize mu mubiri.”

Muri ki kiganiro kandi minisitri Dr. Nsanzima yagarutse ku nkomoko y’iyi virus mu Rwanda, aho yavuze ko nyuma y’icukumbura ku nkomoko y’indwara ya Marburg, byaje kugaragara ko yaturutse ku ducurama turya imbuto tuzwi nka “fruit bats”

Minisitiri yanavuze ko, umurwayi wa mbere yakoraga mu kirombe kirimo utu ducurama.

Mu kirombe cyagaragayemo umurwayi wa mbere wa Marburg, hashyizweho urukuta rutandukanya aho abantu bakorera ndetse n’aho utu ducurama tuba.

Dr. Nsanzimana yanavuze ko kandi hanashyizwe itsinda ry’abaganga rikurikirana buri munsi ubuzima bw’abahakorera, kandi ko byanakozwe hirya no hino mu birombe bibamo utu ducurama.

Minisitiri Dr. Sanzimana yasobanuye ko kwica uducurama atari igisubizo kinoze, Ati: “Kwica uducurama byateza ibindi bibazo kuko tugira akamaro kanini mu kurinda ibyorezo bikwirakwizwa n’imibu n’utundi dusimba ndetse no mu buhinzi.”

Uducurama dushobora kubika virusi ya Marburg tuzwiho kuba mu buvumo. Utu ducurama dushobora gukwirakwiza iyi virusi kabiri mu mwaka mu gihe cyo kororoka.

Minisitiri kandi yavuze ko ubu hashyizweho itsinda ry’abahanga bareba niba nta handi utu ducurama tubika virusi ya Marburg twaba turi.

Kugeza ubu abarwayi babiri nibo barikwitabwaho kandi bameze neza nkuko minisitiri yabivuze.

kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Inkuru z'ukwezi gushize

Ads